Remera: Igorofa y’ubucuruzi yari ifashwe n’umuriro habura gato

Igorofa y’ubucuruzi y’uwitwa Eulade Hakizimana uzwi ku izina rya “Mironko,” iherereye i Remera ku Gisimenti yari ifashwe n’inkongi y’umuriro ariko ku bw’amahirwe abatabazi bari hafi bahagoboka inkongi itarakomera.

Iyo nzu ikoreramo ibikorwa by’ubucuruzi bitandukanye, yafashwe n’inkongi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16/02/2012, ubwo kimwe mu cyumba cyo muri etage ya nyuma cyarimo gutunganywa mu rwego rwo guhindurwamo Studio y’umushinga Search for Common Ground.

Icyumba cyahiye cyari kigiye gukorwamo studio
Icyumba cyahiye cyari kigiye gukorwamo studio

Imbarutso y’iyi nkongi yafashe icyo cyumba cyonyine, ni igishashi cy’imashini isudira cyatarukiye kuri rumwe mu nzugi za studio ziba zipfukishijwe matela.

Umwe mu basudiraga kuri iyi nzu avuga ko yasudiriraga hafi y’ahari za matela, nibwo ibishashi byatangiraga gusimbukira mu bice bya matela icyumba kiba gifashwe gityo.

Abari hafi aho bahise bitabaza amazi yari mu ngunguru yari aho, ku buryo imodoka ya Polisi izimya umuriro yahageze inkongi yazimijwe.

Hahiye igice cyo hejuru cy'iyi nzu
Hahiye igice cyo hejuru cy’iyi nzu

Ushinzwe iyi nzu (manager) yatangarije abanyamakuru ko nta kibazo iyo nkongi izateza ku masezerano bari basanzwe bafitanye na Search for Common Ground ariko bazakurikirana ubwishingizi.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Indacyenga yishwe n’umututizi sha... Ariko kuva umwaka watangira mu rwanda hahiye amazu angahe? Nyagatare, Kigali, Huye... Ahaaaaaa nzaba mbarirwa daa

igihe yanditse ku itariki ya: 16-02-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka