Reba uko byari byifashe mu gitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda (Amafoto na Video)
Igitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda ni kimwe mu bikorwa byabanjirije umunsi nyirizina wo kwizihiza Intwari z’u Rwanda.
Iki gitaramo cyabaye mu ijoro tariki 31 Mutarama 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, gihuza abayobozi mu Nzego Nkuru z’Igihugu, urubyiruko rwaturutse mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali n’ahandi.

Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascène, wari umushyitsi Mukuru muri iki gitaramo gisingiza Intwari, yabwiye urubyiruko ko ubutwari bukwiye kugaragarira mu bikorwa byabo bya buri munsi. Yabasabye kurinda no kubungabunga ibyagezweho kugira ngo intambwe u Rwanda rwateye idasubira inyuma.
Yagize ati “Rubyiruko murasabwa gukomeza gukunda Igihugu, gushingira ku muco no kuvomamo ibidufasha gutera imbere, kwirinda no kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ndetse no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’abayipfobya n’ibindi byose byasenya umuryango nyarwanda.”

Minisitiri Bizimana yabibukije urubyiruko ko rugomba gukomeza kwiga indangagaciro zaranze Intwari z’u Rwanda kandi rukimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yavuze ko iki gitaramo ari umwanya wo kuzirikana Intwari z’u Rwanda n’umurage zasize buri wese akabyubakiraho mu kubaka u Rwanda twifuza.
Mayor Dusengiyumva yavuze ko mu kwezi k’Ubutwari, Umujyi wa Kigali n’abandi bafatanyabikorwa bateguye Isangano ry’Urubyiruko ryiswe “Kigali Youth Festival” ryaranzwe n’ibikorwa birimo ibiganiro byahawe urubyiruko ku butwari, ibikorwa by’imyidagaduro, imurikabikorwa ry’urubyiruko n’ibindi.

Iki gitaramo cyaririmbyemo Itsinda rya RDF Military Band, umuhanzi Senderi Hit ndetse na Alyn Sano batanga ibyishimo ku bihumbi byiganjemo urubyiruko byitabiriye iki gitaramo gisingiza Intwari kibanziriza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda wizihizwa tariki ya 01 Gashyantare buri mwaka.
Cyaririmbyemo kandi Itorero ry’Igihugu Urukerereza ndetse n’Itorero ry’Umujyi wa Kigali, Indatirwabahizi.

Abandi bitabiriye iki gitaramo ni Ngarambe François wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru w’umuryango RPF Inkotanyi, kuri ubu akaba ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe(CHENO), n’abandi bayobozi batandukanye mu ngabo na Polisi y’u Rwanda.

Iki gitaramo cyasoje ukwezi k’ubutwari kwabaye kuva tariki ya 05 Mutarama kurangwa n’ibikorwa bitandukanye.







































Reba ibindi muri iyi Video:
Amafoto: Eric Ruzindana
Video: Salomo George
Inkuru zijyanye na: Intwari z’u Rwanda
- Gisagara: Basanga kurera neza abo wabyaye na bwo ari Ubutwari
- Kamonyi: Abatuye aho Fred Rwigema yavukiye biyemeje gukomeza Ubutwari bwe
- Kanombe: Bizihije Umunsi w’Intwari bataha umuhanda wa kaburimbo biyubakiye
- Gakenke: Bamurikiwe ibikorwa byatwaye za Miliyari mu kwizihiza Umunsi w’Intwari
- Urukundo rw’Igihugu rukwiye kutubamo nk’uko amaraso atembera mu mubiri - Urubyiruko rwa Muhima
- Rubyiruko mugire ubutwari bwo gukomeza kubaka u Rwanda – Minisitiri Dr Bizimana
- Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu
- #Ubutwari2024: RDF Band yataramiye abitabiriye igitaramo gisingiza Intwari
- Kicukiro: Muri Niboye bakoze urugendo, bibuka urwo Intwari zakoze zitangira Igihugu
- Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsinze APR FC
- Iburasirazuba: Abaranzwe n’ibikorwa by’Ubutwari bagabiwe inka
- Icyo ijoro rya 1997 ryakwigisha urubyiruko rw’ubu mu mboni z’Intwari z’i Nyange
- Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu (Amafoto + Video)
- Abanyarwanda bemerewe gutanga kandidatire y’uwo babona waba Intwari - CHENO
- Ni ba nde kugeza ubu u Rwanda rwahaye impeta(imidari) z’ishimwe?
- Kicukiro: Urubyiruko rwibukijwe ko Ubutwari butangira umuntu akiri muto
- #HeroesCup : APR FC yasezereye Musanze FC igera ku mukino wa nyuma
- Kicukiro: Bashimye ubutwari bwaranze Inkotanyi, biyemeza kuzifatiraho urugero
- CHENO yatangiye gushakisha abagaragaje ibikorwa by’Ubutwari mu rubyiruko
Ohereza igitekerezo
|