Radisson Blu yiyemeje guhura n’umwana wubatse KCC mu ibumba

Hotel Radisson Blu ikimara kumva iby’inkuru yasakaye ivuga ku mwana wabumbye inzu Kigali Convention Center (KCC) ari naho ikorera, yahise itangaza ko yifuza guhura n’uwo mwana byihuse.

Uyu mwana yabumbye KCC yikinira none inzozi ze zishobora kuba impamo
Uyu mwana yabumbye KCC yikinira none inzozi ze zishobora kuba impamo

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 28 Kamena 2017, ifoto y’uwo mwana yicaye imbere y’ikibumbano gisa neza na KCC yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, itangaza benshi.

Nyuma y’amasaha macye, Radisson Blu, nayo ibicishije kuri Twitter, yahise itangaza ko ubuyobozi bwayo bwifuza guhura n’uwo mwana. Bahita basaba umuntu wese waba uzi uwo mwana kubaha amakuru y’uko bamugeraho.

Bagize bati “Inzozi nini zitangirira ku bintu bito… uyu mwana yakoze neza!”

Hashize amasaha make, Radisson Blu yongeye kwandika kuri Twitter ivuga ko yamaze kuvugana n’umuryango w’uwo mwana. Ubu ngo hari gutegurwa uburyo uwo mwana yazanwa gusura KCC.

Uyu mwana yitwa Gisa Gakwisi, afite imyaka 14 y’amavuko, akaba yiga mu mwaka wa Gatanu mu Ishuri ribanza rya Rugando ku Kimihurura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Nkimara kubona iyi nkuru nahise numva nishimye cyane kabisa gusa iki kinyamakuru nacyo nta ngufu cyashyize muri iyi nkuru kuko mu Rugando sikure ku buryo habuze umunyamakuru n’umwe wakwigererea kuri filed kweri aho kuzana za screen shot

Marshall yanditse ku itariki ya: 29-06-2017  →  Musubize

mwagize igitekerezo cyakigabo kbsa

philippe yanditse ku itariki ya: 29-06-2017  →  Musubize

byaba byiza RDB na mineduc bitaye kuri uyu mwana talents ze ntizicwe nibibazo by isi.

Marcel niyomwungeri yanditse ku itariki ya: 28-06-2017  →  Musubize

Uyu mwana afite impano iteye ubwoba.he deserves all help he can get.

bazimya brian yanditse ku itariki ya: 28-06-2017  →  Musubize

Uwomwana nkamwe mubifitiye uburenganzira ntazimye impanoye mumufashe kbs

sam ndahiro yanditse ku itariki ya: 29-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka