PSF yiteguye ite guhangana n’ibihombo biri guterwa na Coronavirus?
Nyuma y’uko urujya n’uruza ruhagaritswe mu Rwanda kubera icyorezo cya Coronavirus, hari abikororera benshi batakibasha gukora, ku buryo muri bo hari n’ababona kuzongera kubasha gukora bitazaborohera igihe icyo cyorezo kizaba cyarangiye.
Umuvugizi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF), Theoneste Ntagengwa, avuga ko mu batakibasha gukora harimo abafite amahoteli, abakoraga iby’ibirori, abatemberezaga ba mukerarugendo, abakora ibijyanye n’ubwubatsi ndetse n’inganda zikora ibitari ibiribwa, abatwara abantu n’ibikoresho by’ubwubatsi, n’abacuruza ibintu bitari ibyo kurya nk’imyenda n’ibikoresho.
Abafite amahoteli bo bafite n’umwihariko w’uko n’ubundi ingaruka za coronavirus zatangiye kubageraho mbere, nk’uko bivugwa na Nsengiyumva Barakabuye, ufite Hotel Nyungwe Top View, akaba n’umuyobozi w’ihuriro ry’abafite amahotel mu Rwanda.
Agira ati “Buriya abandi bacuruzi batangiye kubyumva ejobundi hahagarikwa urujya n’uruza mu Rwanda. Twebwe twabyumvise mbere kuko hari abari batangiye kutubwira ko batakije, abandi bagasubika ingendo kuko bari babuze aho baca, indege zitakigenda iwabo”.
Impungenge za Nsengiyumva ni uko abikorera batazi n’igihe coronavirus izarangirira kugira ngo babe bafata ingamba. Kandi ngo n’aho bizarangirira nta cyizere cyo guhita babona abakiriya kubera ko kuri iki gihe abantu bari kurya nta kuzigama.
Ati “Hari ubwo uba ushaka gutembera ariko n’ubushobozi bukazamo. Ubu abantu ntabwo bari gukora, bararya batazigama. Ni ukuvuga ko kuri twebwe bizafata igihe kirekire kugira ngo ibintu bijye mu buryo. Wenda ibizahita bishoboka ni nk’inama za Leta n’iz’imiryango itari iya Leta iri mu gihugu”.
Umuvugizi wa PSF avuga ko uretse amahoteli bizagora kongera gutangira, hari n’inganda zidakora iby’ibiryo zari zaguze ibikoresho byo kwifashisha bitamara igihe ku buryo ikibazo cya coronavirus kitarangiye vuba na bo byazabagora kongera gutangira bundi bushya.
Ati “Ikibazo cy’iyo habaye icyorezo nk’ikingiki nta n’ubwo ari ibihagarara gusa, ahubwo ni n’ingaruka z’ibyahagaze. Kuko hari n’igihe ushobora gusanga ukwezi kumwe cyangwa ibyumweru bitatu uruganda ruhagaze hari ibyapfuye byinshi, kugira ngo rubashe kongera gukora bisaba andi mezi menshi”.
PSF irateganya mu gihe cya vuba gukora ubushakashatsi bwo kumenya ibyahagaze n’ingaruka byagize no kureba uko byakemuka hanyuma yo ikabikorera ubuvugizi.
Theoneste Ntagengwa ati “Inshingano ya mbere ya PSF ni ugukora ubuvugizi. Ariko kugira ngo ubashe gukora ubuvugizi ni uko ugaragaza ibibazo n’inzira ubona byakemukamo”.
Nta gushidikanya ko PSF nikora ubuvugizi buzahabwa agaciro, kuko na Perezida wa Repubulika Kagame aherutse kuvuga ko Leta y’u Rwanda izakora uko ishoboye igafasha abikorera kugira ngo babashe gukomeza gukora.
Tariki 27 Werurwe 2020 yagize ati “Leta izakomeza gukora ibishoboka byose ngo ifashe Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye. Ingamba zarafashwe, n’izindi zizafatwa, kugira ngo abikorera bubake uburyo bakomeza gukora muri ibi bihe”.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na #COVID19, abakize ni 150
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, abakize ni icyenda
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 60, abarembye ni 8
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, abarembye ni 11
- Abanyeshuri bose bazajya mu biruhuko tariki 02 Mata 2021
- RBC na Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukusanya amakuru azafasha mu kumenya icyerekezo cya Covid-19
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|