Polisi y’igihugu yatangiye igenzura ry’abapolisi bari mu mirimo

Abayobozi ba Polisi y’igihugu batangiye urugendo mu ntara enye z’igihugu basuzuma uko abapolisi bahakorera bitwara banabagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame.

Kuri uyu wa mbere tariki 11 Mutarama 2015, bagendereye intara eshatu ari zo Uburasirazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru.

Umuyobozi wa Polisi, IGP Emmanuel K. Gasana yakoreye urugendo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu gihe mu Ntara y’Amajyaruguru DIGP Dan Munyuza ushinzwe ibikorwa yari mu Majyepfo naho DIGP Juvenal Marizamunda ushinzwe ubuyobozi n’abakozi na we ari mu Majyaruguru, bose batanga ubutumwa bw’umwaka Perezida Kagame yageneye abapoisi.

Ifoto y'urwibutso y'abayobozi bakuru muri Polisi.
Ifoto y’urwibutso y’abayobozi bakuru muri Polisi.

IGP Gasana asoma ubu butumwa aho yari mu ishuri rya Gishari yagize ati “Ibikorwa byanyu bya buri munsi bikwiye kurangwa no kumva inshingano mufite, kwitonda, ubunyamwuga kandi biherekejwe n’indangagaciro.

Kugira ngo dukomeze imihigo kandi tunarenzeho dukwiye kugendana n’igihe kandi tugakorana ingufu igihe cyose.”

Abapolisi bari gusomerwa ubutumwa bw'umwaka Perezida Kagame yabageneye.
Abapolisi bari gusomerwa ubutumwa bw’umwaka Perezida Kagame yabageneye.

Muri ubu butumwa abayobozi ba Polisi basomera abapolisi bugira kandi buvuga no ku bigwi bya Polisi y’igihugu uyu munsi buti “Twabashije gushyiraho inite eshanu za Polisi zikorera muri Centre Afrique, Haiti na Sudani y’Epfo, dufite amashuri atatu ya Polisi ari ku rwego rwo hejuru n’ibikoresho bigezweho byifashishwa mu kazi ariko turacyifuza gukomeza kugera kure.”

Umujyi wa Kigali n’Intara y’Iburengerazuba nizo zitahiwe, bikazasurwa kuri uyu wa kabiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Iyi gahunda y’abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda yo gusura abo bayobora ni nziza cyane.Ibi bituma abayoborwa babona ko abayobozi babo babitaho kandi ko babazirikana.Ibi bikwiye kubera urugero izindi nzego.Ndashima Polisi y’u Rwanda ku muhati wayo mu gucunga umutekano w’abaturarwanda n’ibyabo.

Mike yanditse ku itariki ya: 13-01-2016  →  Musubize

Ariko wagirango abapolisi bato ntibemerewe kugaragara ku mafoto nk’aya !

bigabo yanditse ku itariki ya: 12-01-2016  →  Musubize

iri genzura cg se isuzuma ni ryiza cyane kuko risaziga abapolisi bongeye gukangurwa maze akazi kabo bakagakora neza nubwo ariko basanzwe

semana yanditse ku itariki ya: 12-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka