Perezida wa Pologne yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ku wa Kane tariki 8 Gashyantare 2024, nibwo Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser Duda, basoje uruzinduko bari bamaze iminsi bagirira mu Rwanda.

Perezida Duda na Madamu basoje uruzinduko bagiriraga mu Rwanda
Perezida Duda na Madamu basoje uruzinduko bagiriraga mu Rwanda

Ni uruzinduko rw’akazi rwatangiye ku wa Kabiri tariki 6 Gashyantare 2024, rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye mu gihugu bigamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.

Akigera ku kibuga cy’indege Perezida Duda yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, amwakira mu biro bye, nyuma yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bagirana ibiganiro mu muhezo byabereye muri Village Urugwiro.

Nyuma yaho ku itariki 7 Gashyantare, Abakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, ndetse bahagararira isinywa ry’amasezerano mu nzego zitandukanye z’ubufatanye mu bukungu n’ubucuruzi, ubufatanye mu ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije, ibijyanye no kurengera ibidukikije, ubucukuzi n’ingufu.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi Biruta na mugenzi we wa Pologne, Andrzej Szejna.

Perezida Duda yaherekejwe n'abayobozi batandukanye
Perezida Duda yaherekejwe n’abayobozi batandukanye

Ubwo Perezida wa Pologne n’umugore we bari mu ruzinduko mu Rwanda, basuye abana bafite ubumuga bwo kutabona biga mu Ishuri riherereye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, babashyikiriza impano y’imashini isohora inyandiko ndetse n’impapuro zingana n’ibilo 120, inkunga ababikira b’Abanya-Pologne bacunga iki kigo bari barabasabye, ndetse basura Ingoro ya Bikira Mariya aho i Kibeho.

Basuye kandi urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, aho yavuze ko uru rwibutso, amateka rubumbatiye akwiye kubera ishuri rihanitse amahanga mu bijyanye n’ubutabera n’imbabazi, bifasha abaturage mu isanamitima.

Muri uru ruzinduko kandi, Madamu Jeannette Kagame na Madamu Agata Kornhauser Duda, basuye irerero ry’abana bato ryo muri Village Urugwiro rya ‘Eza Early Childhood Development Center’, bakirwa n’abana baharererwa n’urugwiro rwinshi, bagira umwanya wo kwerekwa uko barerwa, uko umunsi wabo uba uteye, bagira n’umwanya wo kuganira no gukina n’abo bana.

Hasinywe amasezerano y'ubufatanye
Hasinywe amasezerano y’ubufatanye

Ubwo basozaga uruzinduko rwabo, ku Kibuga cy’indege cya Kigali baherekejwe n’abayobozi batandukanye, barimo Minisitiri Biruta, Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, Minisitiri w’Ubucuruzi, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga n’abandi.

Perezida Kagame na we yakiriye mugenzi we Duda
Perezida Kagame na we yakiriye mugenzi we Duda
Basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka