Perezida Kagame yunamiye Intwari z’u Rwanda ashyira indabo ku gicumbi cyazo (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Gashyantare 2017, umunsi u Rwanda rwizihizaho umunsi ngarukamwaka wahariwe Intwari z’Igihugu, Perezida Kagame yunamiye Intwari z’u Rwanda ziruhukiye ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.

Perezida Kagame yunamiye Intwari ziruhukiye ku Gicumbi cy'intwari i Remera
Perezida Kagame yunamiye Intwari ziruhukiye ku Gicumbi cy’intwari i Remera

Intwari ziruhukiye muri iki gicumbi cy’intwari zirimo Gen. Maj Fred Gisa Rwigema n’umusirikare Utazwi bari mu cyiciro cy’Intwari z’Imanzi.

Mu Ntwari zibukwa kandi kuri uyu munsi harimo Umwami Mutara III Rudahigwa, Rwagasana Michel, Uwiringiyimana Agathe, Niyitegeka Felicite n’Abanyeshuri b’i Nyange banze kwitandukanya ubwo baterwaga n’abacengezi tariki 18 Werurwe 1997, bari mu cyiciro cy’Imena.

Umunsi w’Intwari wizihijwe kuri uyu wa gatatu, wizihirijwe mu midugudu aho abaturage berekwaga abarinzi b’igihango, bagashishikarizwa gutera ikirenge mu cyabo.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti " Ubutwari ni uguhitamo ibitubereye"

Andi mafoto

Ku gicumbi cy'intwari i Remera mu Karere ka Gasabo
Ku gicumbi cy’intwari i Remera mu Karere ka Gasabo

Abo mu miryango y’Intwari bashyira indabo ku gicumbi cyazo

Amafoto: Muzogeye Plaisir

Andi mafoto menshi kanda hano

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Guha agaciro nyako intwari zacu ni ugusigasira ibyo baharaniye kugirango tuzabirage abandi.

Gashugi yanditse ku itariki ya: 2-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka