Perezida Kagame yitabiriye Inama ya G20 mu Butaliyani
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze mu Butaliyani aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri ya G20 ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma by’umwihariko b’ibihugu bikize ku Isi, hamwe n’abandi baba batumiwe muri iyo nama.

Abitabiriye iyo nama baraganira ku ngingo zitandukanye harimo izerekeranye n’ubuzima, kuzahura ubukungu bwazahajwe ahanini n’icyorezo cya COVID-19, imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ibijyanye no kongera ingufu z’amashanyarazi nka kimwe mu by’ibanze byihutisha iterambere.
President Kagame has arrived in Italy where he will be participating in the two day #G20RomeSummit of Heads of State and Government, convening world leaders for discussions focused on health, economic recovery, climate and energy.
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) October 29, 2021
This evening in Italy, President Kagame met with Director General of @WTO, Dr. @NOIweala ahead of the #G20RomeSummit. pic.twitter.com/mnqOogcpGV
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) October 29, 2021
Ohereza igitekerezo
|