Perezida Kagame yihanganishije Ubwami bw’u Bwongereza

Perezida wa Pepubulika, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), yihanganishije Umwami Charles III w’u Bwongereza, kubera gutanga k’Umwamikazi w’icyo gihugu, Elizabeth II.

Abicishije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yanditse ko muri iki gihe cy’akababaro gakomeye, ko gutanga k’Umwamikazi w’u Bwongereza, hibukwa imyaka 70 yose yamaze akurikirana imibereho y’Umuryango wa Commonwealth, kandi ko uyu muryango ari umurage ukomeye assize.

Umukuru w’Igihugu yihanganishije kandi umuryango wose w’Ubwami bw’u Bwongereza ndetse n’Umuryango wa Commonwealth.

Umwamikazi Elizabeth II yatanze ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 08 Nzeri 2022, akaba yari amaze imyaka 96 y’amavuko na 70 ku ngoma.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Imana imuhe ibiruhuko bidashura

Focas yanditse ku itariki ya: 9-09-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka