Perezida Kagame yifatanyije n’abagore ku munsi wabahariwe

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abagore bo mu Rwanda no ku Isi yose, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.

Perezida Kagame yifatanyije n'abagore ku munsi wabahariwe
Perezida Kagame yifatanyije n’abagore ku munsi wabahariwe

Umukuru w’Igihugu yabinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Twitter, mu guhe kuri uyu wa 8 Werurwe 2023, u Rwanda rwifatanya n’ibindi bihugu mu kuzirikana umunsi mpuzamahanga w’umugore.

Perezida Kagame yagize ati “Ndashima abagore bose bo mu Rwanda no ku Isi yose kuri uyu munsi w’ingenzi. Turi kumwe namwe muri urwo rugamba rw’uburinganire mu buryo bukwiye!”

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti “Ntawe uhejwe: Guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka