Perezida Kagame yibukije abantu gukurikiza amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko nubwo hashize amezi menshi abantu bari mu rugamba rwo guhangana na COVID-19, icyo cyorezo kiracyahangayikishije isi.

Yavuze ko nubwo hari intambwe ishimishije yatewe mu guhangana na cyo, ariko ngo urugendo rwo kugihashya burundu ruracyari rurerure.

Ni yo mpamvu Umukuru w’Igihugu yongeye kwibutsa abantu gukurikiza amabwiriza yo kwirinda no kurwanya COVID-19.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagarutse ku nama zo kwirinda icyo cyorezo zirimo kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi, gusiga intera hagati y’abantu, kwisuzumisha, ndetse no gukurikiza andi mabwiriza yose atangwa n’inzego zibishinzwe.

Uyu munsi tariki 14 Kanama 2020, amezi atanu arashize COVID-19 igaragaye mu Rwanda. Ku wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse umuntu wa mbere wanduye icyorezo cya COVID-19.

Uwo ni Umuhinde wageze mu Rwanda aturutse i Mumbai mu Buhinde tariki 08 Werurwe 2020. Akigera mu Rwanda, ngo nta bimenyetso yigeze agaragaza. Ku wa gatanu tariki ya 13 Werurwe 2020 nibwo yumvise atameze neza, yijyana kwa muganga akorerwa isuzuma ryihuse, bamusangamo Coronavirus.

Nyuma ye mu Rwanda hakomeje kugaragara n’abandi barwayi ba COVID-19, kugeza ku wa Kane tariki 13 Kanama 2020 mu Rwanda icyo cyorezo kikaba cyari kimze kuboneka mu bantu 2,200.

Kugeza ku wa Kane abari bamaze gukira bose hamwe ni 1,558 naho abari bakivurwa ni 634, naho abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni umunani.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Thank you your Excellence.
Tuzakumvira, kandi tugutezeyombi kugeza kumpera zibihe.
Harakabaho C.I.
Harakabaho urwanda nabanyarwanda.

Willy yanditse ku itariki ya: 14-08-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka