Perezida Kagame yatemberejwe aho Qatar Foundation iteza imbere uburezi ikorera
Perezida Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’akazi yagiriraga i Doha muri Qatar, asura ikicaro cy’umuryango Qatar Foundation uteza imbere uburezi, siyansi ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Uyu muryango utegamiye kuri Leta, Leta ya Qatar iwufatanyije n’umuherwe na we ukomoka mu muryango wa cyami Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani, wawushinze afatanyije n’umugore we Moza bint Nasser.
Qatar Foundation washinzwe mu 1995 ariko ubu umaze kuba umwe mu miryango ikomeye ku isi iteza imbere uburezi kuri bose.
Perezida Kagame yageze muri iki gihugu kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ugushyingo 2018, agiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Ugushyingo kandi yanahuye na Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani, Umwami wa Qatar, aho bagiranye ibiganiro ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi no kwagura ishoramari.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Tunejejwe Nuko Prezida wacu akomeje kwagura imipaka