Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya

None tariki ya 30 Ugushyingo 2022 mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, habereye umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma.

Uwarahiye ni Dr Nsanzimana Sabin uherutse kugirwa Minisitiri w’Ubuzima na Dr Butera Yvan wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima.

Abarahiye hamwe na bamwe mu bayobozi bakuru b'Igihugu bafashe ifoto y'urwibutso
Abarahiye hamwe na bamwe mu bayobozi bakuru b’Igihugu bafashe ifoto y’urwibutso

Dr Nsanzimana Sabin yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuvuzi cya Kaminuza cya Butare (CHUB) nyuma yo kuva mu kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC).

Dr Butera Yvan we yari asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wungirije mu Rwego rushinzwe Imyigishirize y’Abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.

Nyuma yo kurahira mu Ndahiro yo kutazatatira u Rwanda no kubahiriza ibyo amategeko abasaba, Perezida Kagame yabasabye ko bagomba gukorera Igihugu ndetse n’Abanyarwanda uko bikwiye.

Ati “Ndagira ngo mbasezeranye kandi ko ubundi iyo abakorera Igihugu iyo bashatse kuroshya ibintu biroroha bikagenda neza. Iyo bashatse kubiremereza na byo biraremera bikavamo ibibazo. Biremera cyane iyo abantu bitekerezaho kurusha uko batekereza imirimo y’Igihugu cyangwa abo bakwiriye kuba bakorana na bo n’abo bakorera”.

Dr Nsanzimana Sabin warahiriye kuba Minisitiri w'Ubuzima yafashe ifoto hamwe na Perezida Kagame
Dr Nsanzimana Sabin warahiriye kuba Minisitiri w’Ubuzima yafashe ifoto hamwe na Perezida Kagame

Perezida Kagame yabasezeranyije ubufatanye kugira ngo ibintu bigenda neza bitere imbere, mu gihe aba barahiye bazaba biteguye gufatanya n’abo basanze.

Perezida Kagame yasabye abarahiriye inshingano nshya kwita cyane ku kuzuza inshingano zabo kuko bagiye muri Minisiteri y’Ubuzima ikaba ari Minisiteri ifite uruhare rukomeye mu buzima bw’igihugu, n’ubw’abantu no mu majyambere y’igihugu, muri rusange ko bagomba gukora abantu bakagira ubuzima bwiza.

Abagiye kuyobora iyi Minisiteri y’Ubuzima, Perezida Kagame yabasabye gukorera Igihugu ndetse bagahangana n’indwara z’ibyorezo no gukemura n’ibibazo bitari bike ku buryo babitsinda, bityo Abanyarwanda bagatera imbere ndetse n’ibikorwa by’ubuzima bigakorwa uko bikwiye.

Abantu b'ingeri zitandukanye bitabiriye umuhango wo kurahira
Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye umuhango wo kurahira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nukuri perezida wacu atwifuriza ibyiza gusa kand nabo bazamufashe gukomeza kubigeraho burushije

Nzamwita yanditse ku itariki ya: 30-11-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka