Perezida Kagame yakiriye Gen Muhoozi Kainerugaba
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro, Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, bakaba barimo kuganira ku mubano w’ibihugu byombi, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu,.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu ruzinduko rw’umunsi umwe, aho yazaniye Perezida Kagame ubutumwa bwihariye bwa mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ambasade ya Uganda mu Rwanda yatangaje ko Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasuye u Rwanda mu ruzinduko rwihariye rugamije guhura no kuganira na Perezida Kagame.
Ubwo yageraga i Kigali, Gen. Kainerugaba yakiriwe n’umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’amahanga muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda, Anne Katusiime, hamwe n’abandi bayobozi mu Ngabo z’u Rwanda, barimo Brigadier General Willy Rwagasana uri mu bashinzwe umutekano w’abayobozi bakuru b’igihugu, na Col Ronald Rwivanga, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|
HI
IAM RAMA, WHAT IKNOW IS THAT WE ARE ONE PEOPLE I REMEMBER WHEN WE WERE IN MBARARA, KAKUKURU, ALL MY PEOPLE DIED FOR OUR UNITY PEOPLE WHO GREW NEAR BUNYENYEZI, BAYIGANA AND DONART SSEBASAZA KNOWS WHAT IAM TALKING ABOUT, WE NEED SEE PEACE LOVE AND UNITY LET US FIRST UNITE HERE IN Uganda and Rwanda i love you all.
BYABA BYIZA UMUBANO WIBIHUGUBYOMBI WASUBIRAUKO WAHOZE BYAKONGERA ITERAMBERE KUMPANDE ZONBI.
nibyiza kubayaganiye numukuruwigihugu cyacyu
Twishimiye urwo ruzinduko arko mudufashe mwige kumupaka
ukuntu mwawufungura
Twishimiye urwo ruzinduko arko mudufashe mwige kumupaka
ukuntu mwawufungura
Twishimiye urwo ruzinduko arko mudufashe mwige kumupaka
ukuntu mwawufungura