Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria

Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, byibanze ku ngingo zitandukanye zerekeranye no guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we Bola Tinubu wa Nigeria
Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we Bola Tinubu wa Nigeria

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bitabiriye inama ya ’Abu Dhabi Sustainability Week’ igamije kurebera hamwe uburyo bwo kongera ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe, inzitizi zirimo zigashakirwa ibisubizo.

U Rwanda na Nigeria, bifitanya umubano mu bya Dipolomasi, ibihugu byombi bifitanye amasezerano mu mikoranire mu by’umutekano na gisirikare, ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu ndege, guteza imbere ikoranabuhanga n’ay’ubufatanye mu bya tekiniki, aho abaganga baho bafatanya n’abo mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka