Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe

Perezida Paul Kagame ayoboye Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yiga ku ngamba za Guverinoma zo guhangana n’inkangu ndetse n’imyuzure biherutse kwibasira ibice bitandukanye by’Igihugu.

Iyi nama kandi iriga uburyo bwo kugoboka abagizweho ingaruka n’ibyo biza byahitanye
abantu 131 abandi barakomereka ndetse n’ibikorwa remezo bitandukanye birimo amazu n’imihanda birahatikirira.

Inzego zibifite mu nshingano ndetse na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente bihutiye gusaba abaturage kuva ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga, ndetse bahabwa ubutabazi bwihuse, burimo kuvurwa ku buntu, guhabwa amafunguro ndetse n’aho kuba.

Dore imyanzuro yafatiwe muri iyi nama:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kwifatanya naba bahuye nibiza ningobwape gusa Imana igume kubarengera kand tubarinyuma

Harerimana Isaie yanditse ku itariki ya: 9-05-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka