Perezida Kagame arasaba Abanyarwanda kutaba indorerezi z’ubuzima bwabo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba Abanyarwanda ko n’ubwo bamaze imyaka 19 bibohoye, bidakwiye guhagararira aho kuko bakwiye no gukora ibyo babona byabateza imbere aho gutegereza ko hari undi uzabibakorera.

Ibyo ni bimwe mu byaranze ijambo yagejeje ku Banyarwanda bari bitabiriye umunsi u Rwanda rwizihizaho imyaka 19 rumaze rwibohoye. Umunsi wizihirijwe mu mudugudu wa Kami, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa Kane tariki 04/07/2013.

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kumva ko niba hari ibyo bagezeho bishobora kuzaba byisumbuyeho mu minsi iza nibakomeza gukora cyane.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kumva ko niba hari ibyo bagezeho bishobora kuzaba byisumbuyeho mu minsi iza nibakomeza gukora cyane.

Nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye abaturage n’ingabo biyubakiye, Perezida Kagame niho yahereye avuga ko ibyagezweho n’ubwo byaba ari bicye ariko bikwiye guhabwa agaciro kuko byavuye mu ngufu z’Abanyarwanda ubwabo.

Yagize ati: “Ntago Ntago twakomeza kuba nk’indorerezi ku bitureba. Ibyo bikaba inshingano ya buri wese kuva ku mugore, umuto n’umukuru. Ibyo twagezeho n’ubwo byaba ari bicye nibyo bikwiye kutwibutsa ko imbere hari ibyiza.”

Zimwe mu nzu zamaze kubakwa zigenewe abazimura ahantu hahanamye. Harateganywa kubakwa nk'izi ibihumbi 30 mu gihe gito
Zimwe mu nzu zamaze kubakwa zigenewe abazimura ahantu hahanamye. Harateganywa kubakwa nk’izi ibihumbi 30 mu gihe gito

Ibikorwa byubatswe mu murenge wa Kinyinya, hairimo amazu yagenewe abimuwe mu bice bishobora kubateza impanuka mu karere ka Gasabo.

Hakaba n’ikigo cya Gisirikare cya kami, byose byubatswe ku muganda n’umusanzu w’abasirikare n’abaturage bafatanyije.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ibyagezweho kandi bigomba kuba urugero rwo gukomeza gukora kugira ngo bazagere ku bindi birenzeho.
Ikiruta yasabye Abanyarwanda bose aho bava bakagera kurwanya uwo ari we wese yashaka guhungabanya ibiri kubakwa.

Ibirori byaranzwe n'ubusabane bw'abaturage n'abasirikare mu mbyino za kinyarwanda.
Ibirori byaranzwe n’ubusabane bw’abaturage n’abasirikare mu mbyino za kinyarwanda.

Ati: “Dukoresha ubwenge, umutungo w’igihugu, imbaraga tukagera ku byo abandi bagezeho bakoresheje imbaraga.”

Yanihanangirije uwo ari we wese kureka gutekereza ko hari undi wamuteza imbere atabigizemo uruhare, nk’uko yabiciye muri uyu mugani ati: “Urusha imbabazi nyina w’umwana aba ashaka kumurya.”

Perezida Kagame na Madamu we Jeanette Kagame bakigera mu kigo cya Kami.
Perezida Kagame na Madamu we Jeanette Kagame bakigera mu kigo cya Kami.

Nta mateka y’umwihariko ari i Kami yatumye hizihirizwa umunsi wo kwibohora, uretse ibikorwa byakozwe n’Abanyarwanda ubwabo bifite agaciro ka miliyari 6,8 nta nkunga yindi, nk’uko Gen. Brig. Joseph Nzabamwita, umuvugizi w’ingabo yabitangarije abanyamakuru.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru yo kwibohoza uyu mwaka byitabiriwe n'abayozi batandukanye ku rwego rw'igihugu n'abanyamahanga.
Ibirori byo kwizihiza isabukuru yo kwibohoza uyu mwaka byitabiriwe n’abayozi batandukanye ku rwego rw’igihugu n’abanyamahanga.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

TWAGEZE KURI BYINSHI ALIKO KUBAKA NTIBIRANGIRA KUKO DUFITE AMASIHA MENSHI ABAZIMA TURAHARI GUSA TUBE MASO KUGIRANGO DUFASHE MUZEHE WACU KUBUNGABUNGA IBYO TWAGEZEHO NO KUZASIGIRA ABANA BACU IBYIZA BAZATEKEREZE GUHANGA IBINDI ATARI IMIHANDA CYANGWA AMASHURI AHUBWO BATEKEREZE KUJYA NO MUKWEZI.

MBOGO(KIBAMBA) yanditse ku itariki ya: 5-07-2013  →  Musubize

Kubirinda ni ngombwa buri wese ahereye kubye hakiyongeraho ibyo twese duhuriraho aribyo rusange ahubwo uzajya afatwa abyangiza agomba guhanwa by’intangarugero kuko aba asubiza abantu inyuma kandi kubaka igihugu ari uguhozaho kuko igihugu ntikijya cyuzura nkuko wuzuza inzu cyo gihoro cyubakwa uko amajyambere agenda atera imbere

karume yanditse ku itariki ya: 5-07-2013  →  Musubize

ibyo u rwanda rwagezeho ntago bizigera bisubira inyuma, abanyarwanda twese twiteguyr kuzarinda ibyo twagezeho kandi tuniteguye kurinda ubusugire bw’igihugu cyacu, ibi rero nibyo bikomeza kuduha agaciro aho turi hose.

nkubito yanditse ku itariki ya: 4-07-2013  →  Musubize

kwibohora kw’abanyarwanda kugomba kujyana n’ukwigira kwabo, bihaza muri byose ndetse baharanira ubukungu burambye, bw’ejo hazaza, ibi nibyo abanyarwanda twese duharanira kugirango ibyo abanyarwanda barwaniye batazigira bisubira inyuma, kndi ntagushidikanya bizagerwaho.

augustin yanditse ku itariki ya: 4-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka