Perezida Kagame arakira abayobozi b’uturere kuri uyu mugoroba

Nyuma yo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 19, umunsi wizihirijwe mu midugudu, biteganyijwe ko abayobozi b’ubuturere bahura na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wa taliki ya 4 Nyakanga 2013.

Ibi biganiro Perezida aza kugirana n’abayobozi kuri uyu mugoroba bizakurikirwa n’ikindi kiganiro Perezida Kagame azagirana n’abagore baturutse mu nzego zitandukanye harimo abavuye mu turere twose tugize u Rwanda ejo taliki 05/07/2013.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame yakirira abayobozi mu rugwiro mu gihe abagore bazahurira muri sitade nto i Remera ndetse bakaganira ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera rubifashijwemo n’abagore mu myaka 19 u Rwanda rumaze rwibohoye, bakazarebera hamwe n’icyakorwa kugira ngo intambwe yatewe idasubira inyuma.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka