Perezida Kagame arakira abayobozi b’uturere kuri uyu mugoroba
Nyuma yo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 19, umunsi wizihirijwe mu midugudu, biteganyijwe ko abayobozi b’ubuturere bahura na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wa taliki ya 4 Nyakanga 2013.
Ibi biganiro Perezida aza kugirana n’abayobozi kuri uyu mugoroba bizakurikirwa n’ikindi kiganiro Perezida Kagame azagirana n’abagore baturutse mu nzego zitandukanye harimo abavuye mu turere twose tugize u Rwanda ejo taliki 05/07/2013.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame yakirira abayobozi mu rugwiro mu gihe abagore bazahurira muri sitade nto i Remera ndetse bakaganira ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera rubifashijwemo n’abagore mu myaka 19 u Rwanda rumaze rwibohoye, bakazarebera hamwe n’icyakorwa kugira ngo intambwe yatewe idasubira inyuma.
Sylidio Sebuharara
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|