Padiri Justin Kayitana wo muri Diyosezi ya Kibungo yitabye Imana

Padiri Justin Kayitana wari Umupadiri wa Diyosezi ya Kibungo yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Nzeri 2021 azize urupfu rutunguranye.

Padiri Justin Kayitana
Padiri Justin Kayitana

Byatangajwe na Antoine Cardinal Kambanda, Arkiyepiskopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, abimenyesha Abepiskopi, Abapadiri, Abihayimana, Abakirisitu n’abandi bose babanye na we ndetse n’abo bakoranye mu mirimo inyuranye.

Imihango yo kumusezera no kumushyingura izatangazwa mu bihe biri imbere.

Padiri Justin Kayitana, yakoze imirimo inyuranye mu nzego nkuru za Kiliziya aho yabaye igisonga cy’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, ayobora Seminari Nkuru Philosophicum ya Kabgayi, ubu akaba yakoreraga ubutumwa bwe muri Paruwasi ya Rukara.

Padiri Justin Kayitana yahawe Isakramentu ry’Ubusaseridoti mu mwaka wa 1980, aho ku rutonde rw’Abapadiri mu Rwanda afite Nomero ya 313.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Imana imwakire mubayo kuko nubundi Roho zintungane ziri mubiganza byayo

Damascene yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Nsubize iwavuzeko banditse izina ryumunyacyubahiro nabi

Ni itegeko ryashyizweho na papa piyo wa 4 ko izina cardinal rigomba kuza inyuma yizina ryikirisitu ,kuko mbere yo kuba cardinal ni umukristu kwanza.ikindi rwari urwego rwo kurinda abahawe inshingano kumva ko ari ibikomerezwa ,nkuko abisi babigaenza ,bagashira amatitre imbere kurusha Imana .
Niyo mpamvu uzasanga abisi bitwaba

General keza,Dr prof Antoine cg marshall Mobutu,........kiriziya ibyanga urunuka

Ukuri yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Ariko se ibyo mwandika muzabikosora ryari koko????
Izina ry’icyubahiro ribanziriza izina ry’uwo munyacyubahiro.

Ntabwo rero bavuga “Antoine Cardinal Kambanda” bavuga “Cardinal Antoine Kambanda". Wa mugani “ntibavuga”, “bavuga”.

Rwose muzabikosore burundu.
Murakoze.

Mparambo yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Niyigendere.Natwe ejo tuzamukurikira.Aho agiye mu gitaka,natwe tuzamusangayo.Ariko tujye twizera ko abantu bapfa bizeraga Imana kandi bayishaka bashyizeho umwete,ntibibere gusa mu by’isi,izabazura ku munsi wa nyuma ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko Yezu yavuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Roho “idapfa kandi itekereza” yahimbwe n’umugereki witwaga Socrates utaremeraga Imana abakristu dusenga.

majoro yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

None se yazize iki?Imana imwakire mu bayo

Hubert nsekanabo yanditse ku itariki ya: 1-09-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka