Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu yagizwe Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo

Padiri Jean Marie Vianney Twagirayezu yabarizwaga muri Diyosezi ya Nyundo, akaba yari asanzwe ari umuyobozi wa Caritas Rwanda.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro by’intumwa ya Papa mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantare 2023 rivuga ko Nyirubutungane Papa Francis, yagize Padiri JMV Twagirayezu wari umunyamabanga mukuru wa Caritas kugeza ubu, ngo abe umwepisikopi bwite wa Diyosezi ya Kibungo.

Padiri JMV Twagirayezu yayoboraga Caritas Rwanda
Padiri JMV Twagirayezu yayoboraga Caritas Rwanda

Musenyeri JMV Twagirayezu yavutse ku ya 21 Nyakanga 1960, ku Gisenyi muri Diyosezi ya Nyundo.

1988-1990: Musenyeri Jean Marie Vianney Twagirayezu yize Filozofiya mu iseminari nkuru ya Nyakibanda ho muri diyosezi ya Butare.

1990-1994 Yize icyiciro cya Tewolojiya mu iseminari nkuru ya Nyakibanda ho muri diyosezi ya Butare.

Tariki ya 8 Ukwakira 1995 nibwo yahawe ubupadiri, ahita ashyirwa muri Diyosezi ya Nyundo.

1997- 2000: Yakomeje amashuri muri kaminuza Gatorika y’I Louvin mu gihugu cy’Uahakura impamyabumenyi

2000-2000: Yabaye umuyobozi wa Caritas ya diyosezi ya Nyundo

2002-2009: Yashinzwe ubutumwa bwo kwita ku mutungo wa Diyosezi ya Nyundo

2009-2016: Yasubiye mu Bubiligi ahakura impamyabumenyi mu gucunga imishinga ari nako akora ubushkashatsi rwo ku rwego rw’ikirenga (Doctorat, PHD) Candidate muri teworoji, muri kaminuza Gatolika y’i Louvain.

2016-2023: Yabaye umunyamabanga mukuru wa carits Rwand

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo
Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Tumwifurije kuzarangiza neza inshingano nshya yahawe

KANYANZIRA Jean Chrysostome yanditse ku itariki ya: 21-02-2023  →  Musubize

Byiza cyanee ikaze mushumba wacu

Innocent Didier B yanditse ku itariki ya: 20-02-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka