Nyuma y’ibyumweru bitatu akoresha TIGO yatomboye miliyoni 3Frw

Umukobwa witwa Ruth Ndacyayisenga yatomboye miliyoni mu irushanwa rya Tigo, nyuma y’ibyumweru bitatu gusa atangiye gukoresha umurongo wayo.

Ndacyayisenga w’imyaka 19, utuye mu Kagali ka Shara mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, avuga ko ayo mafaranga yatomboye azamufasha kwirihira amashuri.

Ndacyayisenga n'ababyeyi bamurera bamaze kwakira sheki ya miliyoni eshatu yatomboye muri tigo.
Ndacyayisenga n’ababyeyi bamurera bamaze kwakira sheki ya miliyoni eshatu yatomboye muri tigo.

Yagize ati “Nkimara kumva ko natomboye numvise ibyishimo bindenze aya mafaranga azamfasha kwishyura ishuri kuko ntabushobozi narimfite bwo kuzarangiza amashuri abanza na kaminuza ndetse anafashe n’umuryango wajye kwiteza imbere.”

Nyirajyembere Felicite, umwe mu barera uyu mukobwa, avuga ko batunguwe n’iki gihembo kigiye kubafasha gukora ku ifaranga biryo bagatera imbere, kuko bari basanzwe ari abahinzi baciriritse.

Ati “Umve jyewe ndanezerewe cyane kuko ni ibintu tutakekaga kandi ntanateganyaga ni Imana ibikoze twahingaga imyaka akaba ariyo idutunga ariko ubuzima bw’amafaranga bwo wabonaga butugora.”

Abaturage baje kureba umunyamahirwe.
Abaturage baje kureba umunyamahirwe.

Nshuti Thierry ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza muri sosiyete y’itumanaho ya tigo Rwanda, avuga ko aya mafaranga uyu ukobwa yahawe azafasha gukemura ibibazo yari afite, birimo kwishyura ishuri rye nabo bavukana no gukemura ibibazo byo mu muryango umurera.

Ni ku nshuro ya gatatu TIGO ihembye umufatabuguzi ugejeje ku umubare wa miliyoni kuva yatangira imirimo yayo mu 2009. Inateganya kuzahemba uwabaye umufatabuguzi wayo wa mbere kuva yatangira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka