Nyaruguru: 14 bafashwe bakekwaho ubujura no gukora ibikwangari

Mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha, Polisi mu Karere ka Nyaruguru yakoze umukwabu mu Mirenge ya Cyahinda, Nyagisozi na Nyabimata, maze ifata abantu 14 bakekwaho ubujura bw’amatungo no gukora inzoga zitwa ibikwangari, kuri uyu wa 1 Gashyantare 2025.

Aba bafatiwe mu bujura bw'inka
Aba bafatiwe mu bujura bw’inka

Nk’uko bivugwa n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, igikorwa cyo gushaka no gufata abakekwaho ubujura bw’inka n’andi matungo, cyabereye mu Tugari dutandukanye two mu Murenge wa Cyahinda, hafatwa abagabo batandatu n’undi umwe uvugwa mu bujura bwo kwiba abantu abategeye mu nzira. Aba ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyagisozi.

Mu Murenge wa Nyabimata mu Tugari twa Ruhinga, Gihemvu na Kabere ho hafashwe abagabo barindwi bakekwaho guteza umutekano muke muri rusange, no gukora inzoga zizwi nk’ibikwangari, na zo ziri mu mpamvu zongera ibyaha. Bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muganza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo arasaba abakora ibyaha bihungabanya umutekano wa bagenzi babo kwisubiraho, kuko ngo “Nta watekereza guhungabanya umutekano ngo bimuhire”.

Barindwi bafatanywe ibikwangari
Barindwi bafatanywe ibikwangari

Akomeza avuga ko ibikorwa bifata abahungabanya umutekano babikomeje, akanasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru kandi ku gihe, mu rwego rwo gukumira ibyaha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ubujura bwo abayobozi b’ inzego z ’umutekano zigire icyo zibikoraho kuko natwe muri Gatsibo ubujura bw’ Inka ndetse no gukingura amazu bakiba umuntu bumeze nabi.

Urugero nko mu mudugudu wa Rukiri ndetse na Nyabikenke muri Gitoki Abaturage bari kwibwa Inka abandi bagapfumurirwa amazu.

UWIMANA Pierre yanditse ku itariki ya: 3-02-2025  →  Musubize

Ubujura bwo abayobozi b’ inzego z ’umutekano zigire icyo zibikoraho kuko natwe muri Gatsibo ubujura bw’ Inka ndetse no gukingura amazu bakiba umuntu bumeze nabi.

UWIMANA Pierre yanditse ku itariki ya: 3-02-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka