Nyanza: Ubwigenge bwizihijwe abaturage basabwa kwihesha agaciro

Mu karere ka Nyanza bahimbaje isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka 18 rumaze rwibohoye basaba abaturage kurushaho kwihesha agaciro muri byose; nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’ako karere yabisabye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza yasabye abaturage b’akarere ka Nyanza, abafatanyabikorwa batandukanye n’ibigo by’amashuli abarizwa mu gice cy’umujyi w’ako karere kugana icyerekezo 2020 ari nako baharanira kwihesha agaciro.

Ashingiye ku muco wo kwihesha agaciro, umuyobozi w’akarere yanabahamagariye gukunda igihugu kuri buri wese wari muri uwo muhango wizihirijwe kuri sitade y’akarere ka Nyanza tariki 01/07/2012.

Abayobozi b'akarere ka Nyanza nta n'umwe wabuze muri uwo muhango.
Abayobozi b’akarere ka Nyanza nta n’umwe wabuze muri uwo muhango.

Murenzi Abdallah yagarutse ku mateka y’u Rwanda agaragaza uko abayobozi bagiye basimburana ahereye ku ngoma cya Cyami kugeza kuri Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Yasobanuye ko Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda iyobowe n’umuryango wa FPR-Inkotanyi yitaye ku mibereho myiza y’abaturage ibashishikariza gukomeza kurwanya ubukene maze abaturage bakarushaho kwihaza mu biribwa ari nako bazamura ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Abayobozi mu nzego zose bari bahimbawe.
Abayobozi mu nzego zose bari bahimbawe.

Ibirori by’iyi minsi mikuru yombi mu karere ka Nyanza byaranzwe n’ubusabane hagati y’abayobozi b’akarere, abafatanyabikorwa b’ako hamwe n’abaturage.

Bishimiye ibyo bamaze kugeraho mu myaka yose ishize babonye ubwigenge bakanibohora ingoyi y’ubutegetsi bubi bwashyiraga imbere ivangura n’amacakubiri kugeza ubwo bigeze kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

DUHAMYE ITERAMERE RYA NYANZA DUTEZA IMBERE UBUHINZI N’UBWOROZI MUKOMERE ISABUKURU NZIZA.

semana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 1-07-2012  →  Musubize

Nyanza murasobanutse rwose kandi mukomereze aho kuko muragera ikirenge mu cy’umukuru w’igihugu.

Courage!!!!!!!!!!

yanditse ku itariki ya: 1-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka