Nyamasheke: Ukwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe hakemurwa ibibazo by’abaturage

Ukwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe ku mugaragaro mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20/01/2014 ngo kuzibanda ku gukemura ibibazo by’abaturage ku bufatanye bw’abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abaturage.

Uku kwezi kwatangirijwe mu murenge wa Mahembe, hakirwa ibibazo by’abaturage bigakemurwa, ibindi bikayoborwa inzira yo gukemukamo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste yabwiye, abaturage b’umurenge wa Mahembe ko uku kwezi kugamije gusobanura imiyoborere myiza kugira ngo abaturage bamenye uruhare rwabo.

Umuyobozi wa Nyamasheke Habyarimana J.Baptiste yakiriye ibibazo by'abaturage.
Umuyobozi wa Nyamasheke Habyarimana J.Baptiste yakiriye ibibazo by’abaturage.

Habyarimana yavuze ko uku kwezi kuzibanda ku gukemura ibibazo ku bufatanye n’abaturage, kurwanya ruswa ndetse no guteza imbere serivise nziza.

Uku kwezi kandi ngo kuzarangwa n’amarushanwa yitiriwe Umukuru w’Igihugu "Kagame Cup Competition", ahera ku rwego rw’utugari akazageza ku mirenge izahiganirwa igikombe kizatangirwa ku rwego rw’akarere.

Abaturage babajije ibibazo byabo mu ruhame.
Abaturage babajije ibibazo byabo mu ruhame.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke yavuze ko uku kwezi kw’imiyoborere myiza kugomba kugira impinduka zigaragara mu iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

Gahunda yo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Nyamasheke yitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo Ingabo na Polisi ndetse n’abakozi mu karere barimo ushinzwe imiyoborere myiza ndetse n’ushinzwe ubujyanama mu by’amategeko.

Abaturage b'i Mahembe bitabiriye gutangiza ukwezi kw'imiyoborere ari benshi.
Abaturage b’i Mahembe bitabiriye gutangiza ukwezi kw’imiyoborere ari benshi.

Bose bakaba bafatanyirije hamwe n’abaturage b’umurenge wa Mahembe mu kwakira no gukemura ibibazo bamwe bagaragaje.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka