Nyamasheke: NURC iri kugirana ibiganiro n’inzego zitandukanye ku bumwe n’ubwiyunge
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/10/2012, mu karere ka Nyamasheke hatangiye ibiganiro by’iminsi ibiri hagati ya komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi n’izihagarariye ibyiciro bitandukanye by’abaturage.
Ibi biganiro bigamije kurebera hamwe intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge, uburyo bukoreshwa mu gukemura ibibazo Gacaca yasize idakemuye byarangizwa burundu kandi bitangije ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda, ndetse n’inzitizi bahura nazo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa NURC, Dr Habyarimana Jean Baptiste, yavuze ko intambwe iterwa mu bumwe n’ubwiyunge, nk’ishingiro ry’umutekano n’iterambere ari nini, ariko hari n’inzitizi zigenda zigaragara, bityo ibiganiro bikaba bikenewe kandi abantu bagahora bigishwa.
Akarere ka Nyamasheke gafite umwihariko mu kuba ubumwe n’ubwiyunge bwarangiritse cyane bitewe n’uko Jenoside yahamaze igihe kinini n’abaturage bagahunga ari benshi, ku buryo ibi byose byakagizeho ingaruka zikomeye; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ako karere.

Aka karere kandi ngo kahuye n’imbogamizi mu gusana igihugu ndetse n’isanamitima ry’abaturage, n’imanza nyinshi zijyana n’abahanwe benshi mu byiciro bitandukanye.
Umuyobozi w’akarere avuga ko n’ubwo bahuye n’izi mbogamizi zihambaye, intambwe yamaze guterwa mu gusana ubumwe n’ubwiyunge ishimishije.
Ibyo ngo bigaragarira mu kwitabira gahunda zitandukanye nk’icyunamo, kuremera abatishoboye harimo n’abacitse ku icumu, ubwitabire bw’abakatiwe imirimo nsimburagihano ifitiye igihugu akamaro (TIG) n’ibindi.
Gusa ngo “ntabyera ngo de!” kuko hakiri imanza z’imitungo zigera kuri 563 zitararangizwa bitewe n’uko abishyuzwa badafite ubushobozi, hakaba hari ingamba zo guhuza impande zombi ngo bumvikane uburyo bushoboka bakwishyuranamo; nk’uko umuyobozi w’akarere akomeza abivuga.
Mu karere ka Nyamasheke kandi ngo haracyagaragara abakatiwe igihano nsimburagifungo barenga gato 500 batarayitabira.

Abitabiriye ibi biganiro basangije intumwa za NURC ku bikorwa bimwe na bimwe biri mu karere bigamije kubaka ubumwe n’ubwiyunge.
Urugero: Hari uburyo bwo kwishingirana abacitse ku icumu bishingirwa n’abatararicitseho, impande zombi zihurira mu matsinda zigafatanya, amatsinda ashinzwe guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge n’ibindi.
Abitabiriye ibiganiro basabwe kubiha agaciro bakazabibyaza umusaruro, kandi bakaza gutanga ibitekerezo n’imyanzuro biganisha ku kurushaho gukomeza ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda.
Emmanuel Nshimiyimana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|