Nyamasheke: Meya Kamali Aimé Fabien amaze kwegura

Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 04 Nzeri 2019 saa saba n’igice z’amanywa yakuyeho icyizere uwari Umuyobozi w’Akarere, Kamali Aimé Fabien, kubera kutuzuza inshingano, kudahuza inzego, hamwe no kutihutisha imyanzuro ifatwa n’inama njyanama.

Kamali Aimé Fabien wayoboraga Akarere ka Nyamasheke amaze gukurwaho icyizere na Njyanama y'ako karere
Kamali Aimé Fabien wayoboraga Akarere ka Nyamasheke amaze gukurwaho icyizere na Njyanama y’ako karere

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke, Dr Ndabamenye Télésphore, yatangarije Kigali Today ko Kamali atabashije kurwanya ubukene no kwihutisha iterambere ry’abaturage ba Nyamasheke, bituma akarere kaza mu myanya ya mbere mu turere dukennye ndetse iterambere ry’umuturage ntiryihute.

Mu gihe Kamali wari umuyobozi w’ akarere akuweho icyizere, uwari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n iterambere ni we ugiye kuba ayobora akarere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

uyu yari umuntu mubi cyane intagondwa

habimana yanditse ku itariki ya: 22-04-2020  →  Musubize

YARI YARIGARURIYE ABA GITIFU B’ABAGORE BAYOBORA IMIRENGE AHO YARI AMAZE KUBYRANA NA KUBWUMUREMYI/RUHARAMBUGA NDETSE NA NABAGIZE ATWITE INDA YE!

ALEX yanditse ku itariki ya: 6-09-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka