Nyamagabe: Abanyarwanda baributswa ko ari ubwoko bumwe bukeneye kubaho neza no gutera imbere

Guverineri w’intara y’Amajyepfo yibukije abaturage ko, kumva ko bari mu bwoko bumwe bw’Abanyarwanda, bukeneye kubaho neza no gutera imberao. Bakigenera ikibakwiriye kandi cyateza imbere igihugu cyabo barwanya n’uwashaka kubasubiza inyuma.

Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, Guverineri w’intara y’amajyepfo yagiriye uruzinduko mu karere ka Nyamagabe aho yasuye imirenge ya Kaduha na Mugano, mu gikorwa cyari kigamije kureba iterambere ryagezweho no kuganira n’abaturage ku iterambere ry’igihu muri rusange.

Guverineri w'intara y'amajyepfo yasabye abaturage gushyira hamwe ko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.
Guverineri w’intara y’amajyepfo yasabye abaturage gushyira hamwe ko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.

Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali akaba yasabye abaturage kumva ko bakwiye gushyira hamwe kuko batabyumvise ntacyo bageraho usibye kuryanira mu nzira, aho bifuza kugera ntibahagere.

Yagize ati “Iryo ni ihame rikomeye, kuba hamwe, kwerekeza hamwe, gufatanya, kumvikana, gukomera ku bumwe bw’abanyarwanda, kurwanya icyahungabanya U Rwanda, gukora cyane kugira ngo twigire twe gusabiriza.”

Guverineri w'intara y'amajyepfo yahsimye abaturage ibyo bagezeho abasaba kubibungabunga no gukomeza kubibyaza umusaruro.
Guverineri w’intara y’amajyepfo yahsimye abaturage ibyo bagezeho abasaba kubibungabunga no gukomeza kubibyaza umusaruro.

Yakomeje asaba baturage gukomeza gukora kandi bubaha ibyo bakora ko nta kintu gito kibaho ahubwo ko ibito by’uzuza ibinini bityo iterambere rikagerwaho kandi bakiga no kubungabunga ibyagezweho ko aribwo abanyarwanda bazaba bihesheje agaciro.

Ati “Tumaze kubona inanasi, marakuja, imyumbati, biriya ni ibintu tugomba gukomeza kongerera umusaruro, amashuri twarayabonye ari hafi, tukiga tukamenya ubwenge butuma tubibyazamo ibindi, ibibyara ifu bikabyara ifu ibyara imitobe bikabyara imitobe, n’ibindi.”

Abaturage bakurikiranye ibiganiro bikaba byarushijeho kubafungura mu mutwe ko bagiye gukomeza kurushaho gukora nkuko Oswalid Niyomugabo umuhinzi wa maarakuja yabitangaje.

Abaturage barishimira ko abayobozi bo mu nzego zo hejuru babasura bakundurana ibitekerezo.
Abaturage barishimira ko abayobozi bo mu nzego zo hejuru babasura bakundurana ibitekerezo.

Ati “Ni ukurushaho gukora uko nakoraga, nubwo nakoraga mfite intumbero numvishe ko icyangombwa atari ukugaya igishoro, nukutagaya igishoro nkuko nabitangiye, ubu aho ngeze ndumva ko atariho nshobora gucika intege, aho biriya bije ari nk’amahugurwa.”

Abaturage bakaba bishimira ko inzego zo hejuru ziba zabasuye zikabaha inama zitandukanye zo kwiteza imbere no kurinda igihugu, kandi bakaboneraho n’umwanya wo kungurana ibitekerezo byakubaka igihugu.

Caissy Christine Nakure

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

uwomugobo turamushima kabisa

SENGA EHRITIE yanditse ku itariki ya: 12-04-2017  →  Musubize

NIKO MUKONGO MANI nasiye tunafurahia hiyo mashauli ya gavana. asante Inatusaidiya

SENGA EHRITIE yanditse ku itariki ya: 12-04-2017  →  Musubize

ubumwe bwacu nk’abanyarwanda bukomeze budufashe mu iterambere ry’iki gihugu kuko ivanguramoko muzi ko ryaduhombeje

rutikanga yanditse ku itariki ya: 16-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka