Nyamagabe: Abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’imirenge beguye
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugano n’uw’umurenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe beguye ku mirimo yabo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe, Nshimiyimana Jean Pierre yemeza ayo makuru avuga ko Utazirubanda Francois Xavier wayoboraga umurenge wa Mugabo yeguye ku mpamvu ze bwite.
Nshimiyimana avuga ko byaramenyekanye binyuze mu ibaruwa yandikiye ubuyobozi bw’aka karere tariki ya 14 Ukwakira 2016.
Manirarora Paul, wayobora umurenge wa Buruhukiro, ntiharamenyeka icyatumye yegura.
Utazirubanda wayoboraga umurenge wa Mugano ahamya aya makuru avuga ko yabikoze ku mpamvu ze bwite.
Agira ati “Nanditse ku mpamvu zanjye bwite kandi ndumva nta kindi kibazo. Imirimo yo ntiyabura imyaka 11 maze nkora mu karere ntabwo nakoze nabi bashobora kumpa indi mirimo.
Kandi batanayimpaye mu Karere ka Nyamagabe nayishaka n’ahandi. Rwose ubu turi aba tekinisiye twari tumenyereye akazi nta kibazo dufite.”
Bivugwa ko uyu murenge wa Mugano wahise uhabwa undi munyamabanga nshingwabikorwa wari usanzwe ayobora umurenge wa Mbazi witwa Hagenimana Pacifique.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ABA BAGABO BABA BAREZWE NIBAGENDE HARAJYAHO ABANDI UNEMPLOYMENTS NIBESHI MURIKI GIHUGU