Nyagatare: Na bo barasaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga ihinduka

Kuri uyu wa 29 Gicurasi, abantu 28 bahagarariye abandi mu mirenge yose igize akarere ka Nyagatare bagiye mu Nteko Inshinga Amategeko y’u Rwanda/Umutwe w’Abadepite bitwaje impapuro zasinyweho n’abaturage ibihumbi 38 na 5 basaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahinduka Perezida Kagame akemererwa kongera kwiyamamaza.

Abaturage ba Nyagatare na bo ngo barashaka ko Itegeko Nshinga rivugururwa.
Abaturage ba Nyagatare na bo ngo barashaka ko Itegeko Nshinga rivugururwa.

Izo mpapuro ngo zasinyweho n’abaturage basanzwe hatarimo ibyiciro byihariye nk’urubyiruko, abagore, abamotari, abafite ubumuga, abikorera nk’abacuruzi, abahinzi n’aborozi.

Izi ni impapuro zasinywe n'abaturage zitwarwa mu Nteko Ishinga Amategeko gusaba ko Itegeko Nshinga rivugururwa.
Izi ni impapuro zasinywe n’abaturage zitwarwa mu Nteko Ishinga Amategeko gusaba ko Itegeko Nshinga rivugururwa.

Ngo zisanze izajyanywe mu nteko ku wa mbere tariki ya 25 Gicurasi 2015 zisinyweho n’abantu 101 na 290 harimo abamotari, abikorera n’abahinzi b’umuceri.

SEBASAZA Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kagame yatubereye ingenzi bityo turamushaka no muri mandat zirenze 3 kandi byo dusaba bazabidukorera

misambi yanditse ku itariki ya: 31-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka