Nyagatare: Ibimasa bibagwa kuri Noheri bibanza kumurikirwa abaturage

Abaturage b’umudugudu wa Kimaramu, Akagari ka Kamagiri Umurenge wa Nyagatare, ibimasa bizabagwa kuri Noheri byabanje kwerekwa abaturage kugira ngo bibonere ubwiza bw’inyama bazarya.

Ibimasa bibagwa bibanza kumurikirwa abaturage
Ibimasa bibagwa bibanza kumurikirwa abaturage

Umugoroba ubanziriza Noheri hirya no hino mu Karere ka Nyagatare, abaturage bahahaga ibiribwa bazafungura kuri Noheri.

Mu mujyi wa Nyagatare habazwe inka 11 ariko ngo kuri Noheri bwite hazabagwa izirenga 20, nk’uko veterineri w’ibagiro rya Nyagatare yabitangarije Kigali Today.

Imitako hamwe na hamwe yari yose, Banki ya Kigali ho abakozi bari bambaye ingofero ziranga iminsi mikuru mu gihe batangaga serivisi.

Bari babukereye bajya guhaha
Bari babukereye bajya guhaha

Ahitwa ku Kimaramu mu kagari ka Kamagiri, umwe mu bacuruzi yari yishimiye abakiriya kuko babaye benshi ugereranyije n’indi minsi.

Ati "Imyaka yarapfuye kubera izuba ariko hari dukeya turimo kuboneka, Noheri yambereye nziza kuko nazanye imifuka itatu y’ibirayi ariko ubu nsigaranye ibiro nka 70 gusa."

Aha, abazabaga mu gitondo kuri Noheri babanje kwereka abaturage ibimasa bazabaga kugira ngo bizere ko bazabona inyama nziza.

Muri BK batangaga serivisi bambaye ingofero za Noheli
Muri BK batangaga serivisi bambaye ingofero za Noheli

Umwe mu baturage ati "Ntureba biriya bimasa, ni byo tuzarya ejo, ba nyirabyo babanje kubitambagiza aha hose nyine kugira ngo twizere ko tuzarya inyama nziza cyane."

Muri uyu mudugudu ikiro cy’inyama ni amafaranga y’u Rwanda 2500, mu gihe mu mujyi wa Nyagatare ari 3,000Frs.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka