Nyabugogo: Inyubako yafashwe n’inkongi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukuboza 2022, i Nyabugogo ku muhanda werekeza ku Kimisagara, inyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa mbiri, hahiramo ibikoresho bitari bike, by’amahirwe nta muntu wahagiriye ikibazo.

Bamwe mu bari bahari haba iyo mpanuka batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye Kigali Today ko inkongi yatewe n’uwari arimo gusudira hanyuma ibishashi bigatarukira mu mpapuro, kuko ahahiye hasanzwe harimo ‘papeterie’, hahita hagurumana, uwateje iyo nkongi akaba yahise atoroka aburirwa irengero.

Bavuze kandi ko abaturage bari hafi bahise batabara, batangira kuzimya uwo muriro bifashishije umucanga kugeza uzimye neza.

Nyiri aho hahiye utifuje kuvugana n’itangazamakuru, byaje kumenyekana ko yitwa Mukamana, ni ryo zina ryonyine ryamenyekanye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Kigali Today ko yamenye ko hahiriyemo Amafaranga asaga miliyoni ebyiri, ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye byarimo.

Muri ibyo bikoresho byahiriyemo harmo mudasobwa zifashishwaga mukazi hatamenyekanye umubare, impapuro n’ibindi byifashishwa muri iyo papeterie.

Yakomeje agira inama abacuruzi kuba hafi y’ibikorwa byabo, dore ko hasudiriwe nyiraho adahari nk’uko tubikesha ababyiboneye biba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Uhombye niwe ubyimenyera,ubwo bibere isomo nundi wese.

Ruteribitambwe yanditse ku itariki ya: 28-12-2022  →  Musubize

UWOMUNUKWIHANGANA KUKO NUWASUDIRAGA NTABWO YABIGAMBIRIYEPE

NDUWAYEZU yanditse ku itariki ya: 28-12-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka