Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere

Musabimana Odette, wari umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Rega mu Murenge wa Jenda, niwe utorewe kuyobora Akarere ka Nyabihu by’agateganyo.

Musabimana Odette, wari umuyobozi w'ishuri ryisumbuye rya Rega atorewe kuyobora akarere ka nyabihu
Musabimana Odette, wari umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Rega atorewe kuyobora akarere ka nyabihu

Musabimana wari usanzwe akuriye komisiyo y’imibereho myiza muri Njyanama y’aka Karere atorewe kuyobora aka Karere ku majwi 95.5%, aho ahigitse Ntirugirimbabazi Jean Marie Vianney ukuriye PSF, wagize amajwi 4.5 %.

Uyu muyobozi ngo agiye kuyobora igihe cy’amezi atatu, ubundi hakorwe amatora y’Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije.

Musabimana akimara gutorwa yavuze ko agiye gukomereza aho abandi bari bageze mu murongo w’iterambere ry’akarere. Yavuze ko anizeye ubufatanye n’abo asanze mu Karere kugira ngo abashe kugera ku ntego.

Guverineri Munyantwari Alphonse wari muri iki gikorwa, yamugiriye inama yo kurushaho kwegera abaturage no kubabera urugero rwiza, avuga ko ibyo kubigeraho bisaba kugira ubwitange, kwigombwa no gukorera hamwe.

Uyu muyobozi asimbuye Uwanzwenuwe Theoneste weguye kuri uyu mwanya ari kumwe na Mukansanga Clarisse wari umwungirije tariki ya 11 Gicurasi 2018.

Ubwegure bwabo bwakiriwe bunemezwa na Njyanama mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gicurasi 2018.

Guverineri Munyantwari yagiriye inama Meya mushya yo gukora nk'ikipe kugira ngo bashobore kwesa imihigo
Guverineri Munyantwari yagiriye inama Meya mushya yo gukora nk’ikipe kugira ngo bashobore kwesa imihigo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

benedata ko nduzi mugore uyu abyishimiye nk’udasanzwe mu karere mu nyabihu! Yiba akigirwa inama n’ubwo ntazi amateka yiwe ndama mwibarize nti emwe harya abo uja usimbura bazize iki? Ko numva wama uri muri iyo njyanama se igihe batorwa wari usinziriye nta jwi wabahaye? Ko wari umuyobozi w’ishuli se nibura irerero ryawe ryabaga ku mwanya ngahe mu karere? umuganji wawe se niba umugira buriya mwagiye inama mbere yo kwemera izo nshingano nsha ko iyo bijya gupfa urugo ari rwo mwibagirwa mbere nyamara ari wo munezero nyabusa we? nama numva ngo n’uwo usimbura yari yararusenyuye urwiwe.Umve sha, nojya inama iyo komini bayihere abasoda bayitware nibo bayishobora naho ubundi ngo wabona isha itamba ugaco uta impuzu yawe sibyo. Uramenye ahubwo ca ugarukira uwiteka ubwo bagutoranyije ubwo warahagurukiwe satani araje akumenere amabanga yose.urabanze usabe amasengesho naho ubundi ahaguye umugabo ngo utaho utwatsi iryo shyamba ryirukanye umwuzo umwe abo bose bama bategeka ririmo igihunyira.egere pasteri cyengwe patiri agusengere niba ushaka kugira imihigo.ibyanditswe byera bitubwira ingene salomoni yakeje uwiteka Imana mbere yo kuyobora ubwoko bwayo. Uramenye ntukibagirwe umuremyi ngo wishinge ikibero kuko uwiteka imana yanga abasambanyi n’abajura kimwe n’abarenganya abandi.

Nzabandora Seremani yanditse ku itariki ya: 17-05-2018  →  Musubize

Aka karere kagiye kujya gahemba mbere abarimu. Nyabihu oyee.

Alias yanditse ku itariki ya: 15-05-2018  →  Musubize

Amahirwe masa,nyakubahwa Meya!

Levi yanditse ku itariki ya: 15-05-2018  →  Musubize

Odette mumugire inama yo kudatakaza umwanya we w’ubuyobozi bw’ikigo kuko uyu atorewe ntiworoshye!Niba ashaka abaze uwo asimbuye cyangwa abaze abayoboye utundi turere bavuye mu burezi.Anamenye ko kurera ari umuhamagaro naho kuyobora ari politiki anibuke définition y’ijambo politic!

Daliya yanditse ku itariki ya: 15-05-2018  →  Musubize

sindagura kandi sindota, ariko NYABIHU ikeneye umuyobozi udatowe mu minsi 5,umuntu ufite ubunararibonye muri ADMINISTRATION & POLITICAL MANAGMENT niwe ukenekewe, uyu nawe natagira igitsure ngo ave mu biro, maze abane n’abaturage ..... " bukeye bwitwa ejo"

John yanditse ku itariki ya: 14-05-2018  →  Musubize

Abarimu oyee, aka katere kagize amahirwe menshi kandi icyo mpamya ni uko kagiye kujya kumurongo mwiza

Kandinda Clement yanditse ku itariki ya: 14-05-2018  →  Musubize

Congraturation!!!!

Keep up and have a successfull leadership

HENRY yanditse ku itariki ya: 14-05-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka