Nyabihu: Ikamyo yakoze impanuka ariko ntawahasize ubuzima

Ikamyo yo muri Uganda ifite purake UAG 320T yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya hafi y’ahubatse ibiro by’akarere ka Nyabihu mu masaha ya saa yine z’ijoro tariki 10/05/2012 ariko nta muntu yahitanye.

Iyi kamyo yakoze impanuka yari ipakiye ikawa yerekeza mu mujyi wa Kigali. Kubera ubunyerere buterwa n’ibyondo byaje mu muhanda kubera imvura nyinshi, iyi kamyo yageze mu ikorosi riri mu mudugudu wa Karandaryi ihita ikora impanuka icy’inyuma cyayo cyingwa mu muhanda.

Igice cy'inyuma cy'iyo kamyo cyavuyeho kigwa mu muhanda
Igice cy’inyuma cy’iyo kamyo cyavuyeho kigwa mu muhanda

Iyi mpanuka yabereye ahaherutse kubera indi mpanuka y’ikamyo ya Bralirwa tariki 02/05/2012. Biragaragara ko muri ako gace hakunze kubera impanuka cyane mu gihe cy’imvura; nk’uko umwe mu bahaturiye Masengesho J.P yabitangaje.

Safari Viateur

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka