Ntibikwiye ko abanyamahanga batanga abanyarwanda kuvuga inkuru zabo

Prof Shyaka Anastse, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), avuga ko bidakwiye ko abanyamakuru b’abanyamahanga batangaza inkuru z’u Rwanda mbere y’Abanyarwanda.

Prof Shyaka Anastase avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga batanga banyarwanda kuvuga amakuru y'u Rwanda
Prof Shyaka Anastase avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga batanga banyarwanda kuvuga amakuru y’u Rwanda

Yabivuze kuri uyu wa 20 Ukwakira 2016, mu nama mpuzamahanga yahuje amashyirahamwe n’amahuriro y’abanyamakuru n’abandi bafite mu nshingano zabo guteza imbere itangazamakuru, baturutse mu bihugu 30 bya Afurika Caraibe na Pacifique (ACP Press Clubs).

Iyi nama yitabiriwe n'abahagarariye ibitangazamakuru bo muri Afurika Caraibe na Pacifique .
Iyi nama yitabiriwe n’abahagarariye ibitangazamakuru bo muri Afurika Caraibe na Pacifique .

Iyi nama igamije guhanahana ubunararibonye mu bayitabiriye, kugira ngo bateze imbere itangazamakuru.

Avuga ku itangazamakuru ry’u Rwanda, Prof Shyaka yagize ati “Bimwe mu bihugu birimo n’u Rwanda usanga amakuru yabyo atangazwa mbere n’abanyamakuru b’abanyamahanga.

Ni ngombwa rero ko habaho imikoranire kugira ngo bazajye bayatangaza ariko aturutse kuri ba nyirayo”.

Avuga ko iyi mikoranire ari yo izatuma umuntu atangaza amakuru y’igihugu kitari icye, ariko akayatanga uko ari nta byo yongeyeho cyangwa ngo agabanyeho, kuko azaba yayahawe na mugenzi we wayacukumbuye ahibereye.

Bamwe mu bayobozi b'itangazamakuru mu Rwanda
Bamwe mu bayobozi b’itangazamakuru mu Rwanda

Gaspard Safari, ukuriye itsinda ry’abahoze mu itangazamakuru n’abarikoramo nka bizinesi (Kigali Press Club), avuga ko rizunganira abanyamakuru bari mu mwuga.

Ati “Iyi Club izafasha mu koroshya imikoranire hagati y’abanyamakuru bari mu mwuga n’abarihozemo bafite ubunararibonye, hagamijwe kubaka itangazamakuru rifitiye akamaro igihugu n’abagituye”.

Avuga ko ibi bizafasha kuvuga mu ruhando rw’amahanga uko u Rwanda ruhagaze, hagamijwe kugaragaza isura nyayo yarwo.

Michael Ryan, Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (EU) mu Rwanda, avuga ko iri huriro rifitiye itangazamakuru ryo mu bihugu byitabiriye iyi nama akamaro kanini.

Ati “Bizatuma uburenganzira bw’abanyamakuru bwubahirizwa, bajye batara amakuru mu bihugu binyuranye ntacyo bikeka”.

Amb Ryan yongeyeho ko hakiri ibihugu bidaha agaciro abanyamakuru, aho ngo bahora babafunga nta mpamvu zigaragara, akabisaba guhagarika iyi migirire.

Basoza umunsi wa mbere w’iyi nama , abayitabiriye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, berekwa amateka mabi yaranze u Rwanda, intambwe u Rwanda rwateye rwiyubaka mu Bumwe n’ubwiyunge.

Abayobozi bari bayoboye iyi nama
Abayobozi bari bayoboye iyi nama
Michael Ryan iburyo uhagarariye umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi mu Rwanda
Michael Ryan iburyo uhagarariye umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda
Arthur Asimwe Umuyobozi wa RBA yitabiriye iyi nama
Arthur Asimwe Umuyobozi wa RBA yitabiriye iyi nama
Bamwe mu bitabiriye iyi nama batanga ibitekerezo
Bamwe mu bitabiriye iyi nama batanga ibitekerezo
Nyuma y'inama bagiye gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Nyuma y’inama bagiye gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Basobanurirwa amateka mabi yaranze u Rwanda
Basobanurirwa amateka mabi yaranze u Rwanda
Beretswe amashusho agaragaza ikizere cyo kubaho ku barokotse jenoside yakorewe abatutsi
Beretswe amashusho agaragaza ikizere cyo kubaho ku barokotse jenoside yakorewe abatutsi
Beretswe amateka ari mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Beretswe amateka ari mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Bari bateguye indabo zo gushyira kumva icumbikiye imibiri isaga 250,000
Bari bateguye indabo zo gushyira kumva icumbikiye imibiri isaga 250,000
Umuyobozi wa ACP Press Club ashyira indabo ku mva
Umuyobozi wa ACP Press Club ashyira indabo ku mva
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

I’m totally disagree with Prof. Shyaka. Ibyo avuze ntabwo ari ihame ntakuka. Abanyarwanda baca umugani ngo uwambaye ikirezi ntamenya ko kera, kandi ntawirata abo kumurata bahari. Ariko rero dushyize n’imigani kuruhande, ntawakwiyibagiza ko kugirango inkuru ihabwe agaciro kayo biterwa n’uyitanze ndetse nabo ayihaye! Ibyo nibyo bituma Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda avuga ibintu bugacya byakozwe kandi hari abaturage baba bamaze imyaka babivuga, babisaba ntagihinduka. Ibyo kandi ni nabyo bituma inkuru ya kinyamateka idashyikira isi yose cyo kimwe n’iya Huffington post! Njye numva icyangobwa cyakabaye gukangurira abanyamakuru gukoresha uburyo bukwiriye mugukora inkuru zabo ndetse no kuzigeza kubasomyi batandukanye! (urugero umunyamakuru wo mu rwanda ushaka ko inkuru ye isomwa n’abanyamerika, akayohereza ikinyamakuru cyo muri USA)

LOF yanditse ku itariki ya: 24-10-2016  →  Musubize

None ko hari umunyarwanda uherutse gutangaza ubuzima yanyuzemo umunyamahanga akaba ari we ufata iya mbere mu kuvuga ko abeshya aha ntimwaba murimo kwivuguruza?

Hishamunda yanditse ku itariki ya: 21-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka