Ntawe uzongera guterezwa cyamunara kubera kutishyura umusoro

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, ku itariki ya 27 Werurwe 2023 yatoye itegeko rigena uburyo bw’isoresha, aho zimwe mu mpinduka zaryo hateganywa ko ibicuruzwa byajyaga bitezwa cyamunara ku mpamvu zo kutishyura imisoro, ari nyirabyo uzajya abyigurishiriza akawishyura.

Ibihano bihabwa abasora byagabanyijwe mu itegeko
Ibihano bihabwa abasora byagabanyijwe mu itegeko

Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’Igihugu, Prof. Omar Munyaneza, asobanura ko mu byongerewe muri iri tegeko, harimo ko nta mucuruzi uzongera guterezwa cyamunara y’ibicuruzwa bye byafatiriwe kubera kutishyura umusoro.

Iri tegeko ryasuzumye amafaranga yacibwaga umucuruzi muto watinze kumenyekanisha umusoro ko azaba ari ibihumbi 50, mu gihe ubusanzwe mu itegeko rya 2019 yacibwaga ibihumbi 100. Umucuruzi uzajya utinda kwishyura mu gihe kitarenze amezi 6, we azacibwa amande angana na 0.5% na ho nageza ku mezi 12, ahanishwe kwishyura 1% by’agaciro k’umusoro n’ubundi agomba kwishyura kandi na wo awutange.

Prof. Omar Munyaneza ati “Zimwe mu mpinduka ziri mu itegeko rishya ziganje ahanini izishingiye ku igabanywa ry’ibihano byo ku rwego rw’ubutegetsi, bisanzwe bihabwa abasora batinda kumenyekanisha umusoro, abatinda gusora ibyo bamenyekanishije bikabaviramo gucibwa amande n’ibindi”.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe, avuga ko kugabanya ibihano ku basora bigamije kubashishikariza gutanga ibyo bagomba Igihugu, batarindiriye guhanwa.

Ingingo uko ari 106 zigize itegeko rigena uburyo bw’isoresha zose zatowe.

Iri tegeko nirimara gusohoka mu igazeti ya Leta, rizasimbura iryakoreshwaga ryari ryaratowe tariki 18 Nzeri 2019.

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, irimo iravugurura andi mategeko 5 ku bijyanye n’ibipimo by’imisoro inyuranye itangwa n’abasora.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ibyiza ni uko ritareba imisoro gusa ryareba cyamunara zose aho ziva zikagera kugira ngo abanyarwanda batuze ku mutima

Manzi yanditse ku itariki ya: 28-03-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka