Nta muyoboro wihuta wa internet nta terambere ryagerwaho -Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum (WEF), irikubera i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 Mutarama 2017 ikazasozwa tariki 20 Mutarama 2017.

Perezida Kagame yitabiriye WEF ya 2017
Perezida Kagame yitabiriye WEF ya 2017

Ihuriro rya Davos rihuza abantu bo mu nzego zitandukanye, ikaba imwe mu nama zikomeye ku Isi ziga ku bukungu n’ihinduka ry’imibereho y’abaturage.

Perezida Kagame ari mu bazatanga ibiganiro, akaba azatanga ikiganiro tariki 19, aho azagaruka ku mikoresherezwe y’ikoranabuhanga nk’umwe mu miyoboro yibanze iganisha ku iterambere.

inama WEF
inama WEF

Ikiganiro cya Perezida Kagame kizarebera hamwe impamvu ibihugu byinshi byita ku iterambere ry’ikoranabuhanga ariko bikibagirwa umutekano w’abarikoresha no kubahugura mu mikoresherezwe yaryo.

Mu biganiro by’uyu munsi wa mbere wa WEF, Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari umwe mu miyoboro y’ibanze mu iterambere, kandi avuga ko nta internet yihuta amahirwe yo kuva mu bukene ari make cyane.

Iyi nama yitabiriwe n’abagera ku 3000, barimo abakuru b’ibihugu, abayobora ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye ku Isi, ba Minisitiri b’imari, abanyamabanki n’abandi bakomeye.

Perezida Kagame yageze mu nama ya WEF
Perezida Kagame yageze mu nama ya WEF
ibiganiro muri WEF
ibiganiro muri WEF
mu nama ya WEF
mu nama ya WEF
WEF yitabirwa n'abantu bakomeye batandukanye
WEF yitabirwa n’abantu bakomeye batandukanye
Perezida Kagame muri WEF
Perezida Kagame muri WEF
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka