Noheli n’Ubunani byahumuye, ingendo zijya mu Ntara zongeye kuba ikibazo (Video)

Buri tariki 25 Ukuboza hirya no hino ku isi hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli wahariwe kuzirikana ivuka rya Yezu n’ubwo n’abandi batandukanye batitaye ku by’imyemerere usanga batabura kuwizihiza.

Uretse kuba ari umunsi ufite icyo usobanuye ku muryango, by’umwihariko abana bawufata nk’umunsi mukuru wabo wihariye, wo kwitabwaho n’ababyeyi, babasohokana, ndetse bakabagenera n’impano zitandukanye.

Ku rundi ruhande, abacuruzi bawufata nk’umunsi ukomeye w’ubucuruzi kuri bo by’umwihariko abacuruza ibyo kurya birimo akaboga, imyambaro, ibikinisho by’abana, abandi bakishimira kuwuharira kuba hamwe n’imiryango yabo.

Hari imiryango iharira uyu munsi kwita ku banyantege nke n’abatishoboye by’umwihariko abakiri bato.

Inyama ziri mu biribwa bigurwa cyane
Inyama ziri mu biribwa bigurwa cyane

Kenshi mu kwitegura Iminsi mikuru isoza umwaka usanga ibikorwa bitandukanye bikorerwa mu miryango migari. Bamwe mu bakora n’abatuye muri Kigali usanga bizihiza iminsi mikuru bari kumwe n’imiryango yabo, bigateza ikibazo cy’ingendo ziva n’izijya mu Ntara.

Benshi bakora ingendo bigatuma kubona imodoka bitoroha
Benshi bakora ingendo bigatuma kubona imodoka bitoroha

Kwizihiza Noheli ni byiza ariko abanyarwanda basabwa kuzirikana ubuzima bwa nyuma y’uwo munsi aho basabwa kudasesagura ndetse bazirikana n’abababaye.

Kigali Today yaganirije ingeri zitandukanye z’abantu badusangiza uko barimo bizihiza Noheli.

Abana baba bateguriwe uburyo butandukanye bubafasha kwidagadura
Abana baba bateguriwe uburyo butandukanye bubafasha kwidagadura
Mu gihe bamwe bari mu byishimo, amatungo yo arahababarira
Mu gihe bamwe bari mu byishimo, amatungo yo arahababarira

Reba ibindi muri iyi video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka