Noheli mu gikoni, Noheli mu Kiliziya, Noheli mu bapimyi
Wa munsi Abakirisitu bategereza amezi cumi n’abiri wageze. Ni umunsi umaze imyaka 2024 wizihizwa, Noheli ibibutsa ivuka rya Yesu, umwami, umukiza n’umucunguzi.
Uretse ibitaramo bya Noheli bitangira ku mugoroba w’uwa 24 Ukuboza, kujya mu misa cyangwa mu materaniro yo ku wa 25 Ukuboza, ni byo bitangira umunsi, bikaza bifatanye no guha impano abana.
Aya materaniro abenshi bayajyamo bihuta ngo bajye gusangira amafunguro abahuza n’abo bakunda mu miryango, cyangwa aho basohokeye; cyane cyane abo mu mijyi bajya mu miryango yabo mu cyaro.
VIDEO - I Muhanga bishimiye ko igitaramo cya Noheli cyabereye muri Paruwasi Ruhina yari imaze imyaka isaga ibiri ivugurwa. Aha ni aho babatiriza. pic.twitter.com/UGG9koTaZ5
— Kigali Today (@kigalitoday) December 24, 2024
Mu Rwanda, n’ubwo umuryango wose uhimbarwa, usanga ahenshi bashyira imbere abana babaha impano, babagaburira, babajyana aho bakinira, babambika neza.
Ni umunsi bahishira(bateganyiriza) amafunguro, aho igitoki bareka kugica bakakirindiriza ngo kigere kuwa 25 Ukuboza, amashaza bakaba baretse kuyasarura kugira ngo bazarye urunyogwe...
Yewe hari n’abavuga ko inyama ari imbonekarimwe, kuko mu miryango imwe yo mu cyaro ziribwa akenshi kuri Noheli. Mu yandi magambo, n’iyo wabura inyama(akaboga) indi minsi yose y’umwaka, ntizishobora kubura kuri Noheli.
Huye: Mu gihe muri iyi minsi abantu bari bishimiye igabanuka ry’ibiciro ku biribwa bimwe na bimwe nk’umuceri, ibirayi, amashaza, inyanya n’ibindi, guteganya ko hari buhahe abantu benshi byatumye ibiciro bizamuka.
Ibi byatumye abari biteguye guhaha bahitamo kureka bimwe, kubera… pic.twitter.com/lGrJ2vV1Rd
— Kigali Today (@kigalitoday) December 25, 2024
Niyo mpamvu abenshi bishyira hamwe bagatanga amafaranga gahoro gahoro, maze kuri iyi tariki bakabaga ingumba(mu Kinyarwanda ni ko bakundaga kwita inka igenewe kubagwa kuko imbyeyi ntizabarwaga mu zigenewe kuribwa).
Mu mpano twavuga, hari n’iz’abakuru. Abanyarwanda benshi bakunda kwerekana urukundo bafitanye kuri Noheli. Ni yo mpamvu usanga kuri uyu munsi bahana inka n’abageni.
Uyu munsi, abagize amahirwe macye bashobora kuwurangiriza kwa muganga, cyangwa se mu kasho, ndetse bikaba byanaba bibi kurushaho...Imana ibiturinde.
Abo ngabo cyane cyane ni abahura n’impanuka, zirimo izaterwa n’abatwara basinze, ariko zikanakomerekeramo ba nyir’ibyago biviriye ku kazi k’izamu, abavuye gusabana n’imiryango yabo binywereye imihama(imitobe isanzwe) n’ibindi.
Ariko harimo n’ababa barwaye bisanzwe, bakaba baremba iryo joro, bigatuma barara mu bitaro.
Polisi y'u Rwanda yafashije abatuye mu Mujyi wa Kigali by'akarusho abanyamaguru mu masangano y'imihanda bifuzaga kwambukiranya umuhanda kubera ibinyabiziga byari byinshi mu mugoroba ubanziriza Noheli. pic.twitter.com/69PTWYHsdi
— Kigali Today (@kigalitoday) December 24, 2024
Muri bamwe bateje impanuka rero, cyangwa bafashwe basomye agahiye, usanga polisi ibaraza mu kasho, bakavamo bukeye, cyangwa bikaba byanavamo urubanza da!
Icyakora Polisi yo mu muhanda, ikomeje kugaragaza ko yo idasanzwe, kandi ko nayo ari polisi nyarwanda.
VIDEO - Mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru, Polisi y'U Rwanda yahaye abana mu mujyi wa Kigali noheli pic.twitter.com/Sqr114WRKx
— Kigali Today (@kigalitoday) December 25, 2024
Kwa muganga ariko habera n’ibirori ga! Abana bavutse kuri Noheli nabo batera ibyishimo, kandi kubita amazina biroroha-ni ba Noheli, ba Christa na Chrisitian, Emmanuel n’andi menshi aganisha kuri Kristo.
Noheli ni umunsi woroshye wo kwibuka neza ibyabaye mu mwaka wose. Ku buryo iyo umuntu avuze ati "navutse kuri Noheli" ntawumubaza ngo hari ku itariki zingahe?
Noheli nziza kuri mwese, harimo n’ababonye ikiruhuko batayizihiza. N’ejo bazabongera undi munsi.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|