Nicolas Sarkozy yakoreye uruzinduko mu Rwanda

Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa yakoreye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida paul Kagame mu biro bye.

Perezida Kagame yakiriye Sarkozy mu biro bye kuri uyu wa Mbere
Perezida Kagame yakiriye Sarkozy mu biro bye kuri uyu wa Mbere

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mutarama 2018, nibwo Sarkozy yaje mu Rwanda, nubwo icyamuzanye kitigeze gitangazwa.

Sarkozy yaherukaga mu Rwanda mu 2010 ubwo yari akiri Perezida w’u Bufaransa, akaba ari nawe muyobozi mukuru w’u Bufaransa wari uje mu Rwanda kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yarangira.

Sarkozy ni nawe muyobozi wa mbere w’u Bufaransa weruye akemeza ko u Bufaransa bwagize uruhare muri Jenoside n’ubwo we yavuze ko hari "amakosa u Bufaransa bwakoze."

U Rwanda ruhora rukangurira u Bufaransa kujyana mu nkiko abayobozi bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside, ariko iki cyifuzo ntikigeze cyubahirizwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka