Ngoma: Abakozi batandatu basezeye ku kazi

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe ubukungu, Cyriaque Mapambano Nyiridandi, avuga ko abakozi batanu b’akarere basezeye mu kazi ku mpamvu zabo bwite.

Akarere ka Ngoma (mu ibara ry'umutuku) gaherereye mu Ntara y'Iburasirazuba
Akarere ka Ngoma (mu ibara ry’umutuku) gaherereye mu Ntara y’Iburasirazuba

Mapambano yabwiye Kigali Today ko abo bakozi bashyikirije ubuyobozi bw’akarere amabaruwa yabo bose bavuga ko basezeye akazi kubera ibindi bagiyemo.

Anavuga ariko ko binashoboka ko harimo abisuzumye bagasanga badashoboye gukorera ku muvuduko igihugu cyifuza.

Ati “Ni byo basezeye akazi ku mpamvu zabo ndetse bakaba banditse ko hari ibindi bagiyemo, twabyakiriye gutyo kandi ntacyo twarenzaho ubwo ni ukuzashaka abandi binyuze mu bizamini.”

Mapambano yirinze kugira uwo atunga urutoki ku makosa runaka mu kazi n’ubwo hari ibivugwa ko bamwe basezeye kubera amakosa mu kazi.

Abasezeye ni umukozi wayoboraga ishami ry’uburezi Judith Murekatete, Rubwiriza Jean d’Amour wayoboraga ishami ry’ubukungu(BDE), Muragijemungu Alcade wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi, Uyiringiye Phenias wari umujyanama wa komite Nyobozi y’Akarere, Sibomana Jean Bosco wari ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho(PRO) ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Musya, mu Murenge wa Rurenge.

Uretse mu Karere ka Ngoma no mu Karere ka Rwamagana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karenge Bizumuremyi Pierre Celestin na we yaraye ashyikirije akarere ibaruwa isezera ku kazi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

ABAYOZI BASHOBOYE ARIKO BADASHOBOTSE BASIMBUZWE ABASHOBOTSE KANDI IBIBAZO BYOSE BIKEMUKIRA MUKUGANIRA KURUSHA UKO WAHITAMO GUFATA UMWANZURO WEKWEGURA BITEWE NABANDI BAYOBOZI BAKORANA MURAKOZE CYANE

NI MBONIGABA FROM GATSIBO RUGARAMA

MBONIGABA ERIC yanditse ku itariki ya: 15-11-2019  →  Musubize

Muri Ngoma, uwatwaye Niyotwagira Francois yaraduhemukiye. Umugabo nyamugabo, umugabo w’ukuri, umugabo w’ubwenge.

Peter yanditse ku itariki ya: 1-11-2019  →  Musubize

Umuyobozi w’akarere niwe bizambiraho kuko uretse kurya abana na ba nyina nta kindi amaze. Iyo umutwe urwaye nta hazima haba hagihari

Titi yanditse ku itariki ya: 1-11-2019  →  Musubize

Uretse ko kunywa atari ikosa kandi ukaba wunva umuyingayinga, ariko umuyobozi w’umurenge wa Rukumberi ntabwo ari umukozi mubi ahubwo arananijwe, cg se ni umwera uturuka ibukuru (Akarere) ese ko Mayor we atagenda abona iyo yisuzumye yaragejeje iki ku Karere? Cg bategereje ko mandats ze zirangira... Dukeneye abakozi bateza imbere akarere apana abirirwa barya iminyenga muri Vigo na Fortune. Kabwana

Kabwana yanditse ku itariki ya: 31-10-2019  →  Musubize

Uwo muyobozi (nako umutegetsi)wa Rukumberi niwe nzi yari igitangaza kandi no mu biganiro yagiraga amaze kugasoma,dore ko yagakundaga kundusha ntarushwa yivugiraga ko arenze ntawamukuraho.
Gusa Ngoma babaye atari ubuyobozi bw’Akarere bwabigizemo uruhare baba basinziriye kuko twe nkabaturage baho twabibonaga tukumorwa gusa!!!

Ngayonguko yanditse ku itariki ya: 31-10-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka