Ngeruka: Abaturage bashyikirijwe ivomo bubakiwe n’abagiraneza

Abaturage bo mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bashyikirijwe ivomo bubakiwe n’abagiraneza bo mu gihugu cya Canada bitwa Juste Equipage.

Iri vomo ryubatse mu isambu y’uwacitse ku icumu, ari nawe Perezida w’impuzamashyirahamwe TWUNGUBUMWE ibumbiye hamwe abacitse ku icumu n’abafunguwe bemeye ibyaha bakabisabira imbabazi.

Abaturage bishimiye amazi meza bahawe.
Abaturage bishimiye amazi meza bahawe.

Umuyobozi w’iyo mpuzamashyirahamwe Pascal Niyomugabo avuga ko yatanze iki kibanza mu gushaka ivomo rihuza abatuye mu kagari ka Gihembe, umudugudu wa Buhara babitewe n’uko abantu bakoraga ingendo ndende bajya kuvoma.

Ati “mu rwego rw’ubumwe n’ubwiyunge rizatubera umugezi uduhuza kurushaho, kandi rituruhuye urugendo rungana na kirometero 8 twakoraga tujya gushaka amazi kandi nayo atari meza”.

Pasiteri Gashagaza Deo, komiseri muri komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge akaba anahagarariye umuryango w’ivugabutumwa mu magereza mu Rwanda, asanga iki ari igikorwa cy’ubutwari buri wese yakwitabira, ashaka ko iterambere rigera no k’uwamuhemukiye.

Amazi abaturage bavomaga mbere y'uko bahabwa amazi meza.
Amazi abaturage bavomaga mbere y’uko bahabwa amazi meza.

Abisobanura muri aya magambo: “iyo tubonye abantu batera intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge turabyishimira kuko tubona ari n’ubutwari kandi tukaba tugomba kumushyigikira. Birashimishije kubona umuntu ushaka ko n’abamuhemukiye nabo bagerwaho n’iterambere”.

Uretse iri vomo ryubatswe, abafatanyabikorwa bo mu muryango wo muri Canada JUSTE EQUIPAGE banageneye impuzamashyirahamwe TWUNGUBUMWE inka 2, inkoko 25 n’ihene 11.

Si aya matungo yatanzwe gusa, kuko kuva batangira gufatanya mu mwaka wa 2009, babafashije kubakira abatishoboye amazu 28.

Inkoko umuryango JUSTE EQUIPAGE woroje impuzamashyirahamwe TWUNGUBUMWE.
Inkoko umuryango JUSTE EQUIPAGE woroje impuzamashyirahamwe TWUNGUBUMWE.

Kugeza ubu impuzamashyirahamwe TWUNGUBUMWE igizwe n’abanyamuryango 1200 bibumbiye mu matsinda 18 akorera mu mirenge 15 igize akarere ka Bugesera.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka