Musenyeri Misago azashyingurwa kuwa kane muri Katederali ya Gikongoro

Nyakwigendera Musenyeri Misago Augustin azashyingurwa kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012 muri Katederali y’Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro.

Umuhango wo guherekeza Nyakwigendera Musenyeri Misago Augustin uzaba ku wa kane tariki ya 15/03/2012 nyuma y’igitambo cya misa kizatangira saa yine za mu gitondo.

Ku wa gatatu tariki 14/03/2012 hateganyijwe ijoro ry’ikiriyo kuri Diyosezi ya Gikongoro; nk’uko tubikesha umunyamabanga wa Diyosezi ya Gikongoro akaba ari nawe wari umunyabanga wihariye wa nyakwigendera, Padiri Pascal Nshimiyimana.

Ubu umurambo wa Musenyeri uri mu buruhukiro bw’ibitaro bikuru bya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare.

Katederali y'Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro ahari gukorwa imva Musenyeri Misago azashyingurwamo
Katederali y’Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro ahari gukorwa imva Musenyeri Misago azashyingurwamo

Musenyeri Misago azashyingura muri Katederali ya Diyosezi ya Gikongoro yitiriwe Umuryango Mutagatifu nyuma y’imyaka 20 ari umushumba w’iyi diyosezi. Yitabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 12/03/2012 mu biro bye. Birakekwa ko yaba yarazize indwara y’umutima kuko ari yo yari asanzwe arwaye.

Jacques Furaha

Ibitekerezo   ( 3 )

Imana imuhe iruhuko ridashyira,icyo nabasabaga niba bishoboka mutubwire icyamwishe kuko gukeka sibyiza.murakoze

umutoni ange yanditse ku itariki ya: 14-03-2012  →  Musubize

Imana imuhe iruhuko ridashira,kandi muzagerageze kuhatubera abatazahagera ubwo twizere ko Ejo muzatugezaho imihango yo kumushingura.

Nicholas Mugesera yanditse ku itariki ya: 14-03-2012  →  Musubize

IMANA IMWAKIRE

Nshimiyimana yanditse ku itariki ya: 14-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka