Musanze: Yashikuje telefone umugenzi, yirutse agongwa n’imodoka arapfa

Mu isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 18 witwa Tuyambaze, wagonzwe n’imodoka agapfa, ubwo yirukaga agerageza gutorokana telefoni yari amaze kwambura umuntu ayimushikuje.

Hari saa moya z’umugoroba wo ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023, ubwo umugenzi yari muri taxi muri Gare yo mu isantere ya Byangabo, akibwa telefonr ye.

Ngo uwo musore yamucunze ikirahure cy’imodoka gifunguye, anyuzamo ukuboko ashikuza uwo mugenzi telefone ariruka, mu gihe yambukaga umuhanda agwa mu mudoka yavaga i Musanze yerekeza i Nyabihu, ahasiga ubuzima nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo, Ndayambaje Karima Augustin, yabitangarije Kigali Today.

Yagize ati “Ni byo yashikuje umuntu wari muri taxi telefoni, ahita yirukanka, yambutse umuhanda akubitana n’imodoka yatambukaga iramugonga, arapfa”.

Polisi yahageze isanga uwo musore agihumeka, itanga ubufasha bwo kumugeza kwa muganga, ubwo bari mu nzira berekeza mu Kigo Nderabuzima cya Gataraga, yahise apfa.

Gitifu Ndayambaje yagize ubutumwa atanga, agira ati “Tuzakomeza gushishikariza abantu kureka imirimo mibi, bakure amaboko mu mifuka bakore”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

AHO MUBYANGABO BAHASHYIRE INZEGO Z’UMUTEKANO NYINSHI

KUBWIMANA LAURENT yanditse ku itariki ya: 22-05-2023  →  Musubize

Mu byangabo ibisambo byaho birembeje abaturage k’uburyo wibaza niba Ari mu Rwanda bikakuyobera,ntiwahagenda nyuma ya saa mbiri hatererwa catch ziteye ubwoba k’uburyo icyo bagushakaho iyo batakibonye ukubitwa hafi no kwicwa.

Alias yanditse ku itariki ya: 20-05-2023  →  Musubize

Iby’iki gisambo byikoze.
Cyakoze icyaha kicisha.Bene ibi bibaho.Icyaha kicisha ni icyaha ukora ukaba wagwa mu cyuho ugikora nko kwiba,gusambana..

Alias Makoro yanditse ku itariki ya: 18-05-2023  →  Musubize

Ababuze umuntu bihangane Kandi uwapfuye aruhukire mu mahoro. Ibyo muvuga byose yavuyemo umwuka mwikwiyanduriza ururimi. Gusa mwibuke aho Yezu yari ku musaraba abo bari kumwe. Uriya nta gitangaza agutanze mu bwami mu gihe wowe wiyitaga ukijijwe. Uhagaze aritonde atagwa. Ruhukira mu mahoro.

Alias yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Ese buriya assurance izatanga indishyi z’akababaro kuri nyakwigendera nako nykwiyibira?

Ntawanga jp yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Pore!!udakora ntakarye yihangane

Nsengiyaremye disimasi yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Ko numva nyiriphone ari hatari.Ariko ntakibazo phone ye yabonetse.Kdi ubwo wabona Chaffeur afungiye ko yagonze igisambo kdi yafashije Polish!!

Gitego yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Ibyonibihano imana yamuhaye.

Elia niyomizero yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Mubyangabo abajura batera catch (kaci) baratuzengereje cyane kuko nibenshi

Alias yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Ibihembo by ibyaha ni urupfu, utazagongwa n imodoka kubera kwiba Telefoni, abajura bose nibatihana ngo babireke bazapfa bahagaze. Bazatoragura amasashe izuba riva, ikibabaje umuvumo bavumwa uzabomaho kugeza ku buvivure. Umunura n umujura uwiba wese, ibyo yiba byose, aho yiba hose, ibihembo biramutegereje.

Rinda yanditse ku itariki ya: 16-05-2023  →  Musubize

Niba telefone yabonetse ntakibazo

Muhizi yanditse ku itariki ya: 16-05-2023  →  Musubize

Uwo nguwo nubundi yari yarapfuye kare

Oky yanditse ku itariki ya: 17-05-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka