Musanze: Imodoka itwara abarwayi yakoze impanuka bane barakomereka

Imodoka igenewe gutwara abarwayi izwi nk’Imbangukiragutabara, yakoreye impanuka mu Karere ka Musanze, abantu bari bayirimo barakomereka na yo irangirika bikomeye.

Imodoka yangiritse bikomeye
Imodoka yangiritse bikomeye

Iyo mpanuka yakomerekeyemo abantu bane, yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 13 Ugushyingo 2021, mu ma saa tanu z’ijoro.

Iyo mbangukiragutabara yari iturutse ku Kigo nderabuzima cya Karwasa, ijyanye ku bitaro bikuru bya Ruhengeri umubyeyi uri ku nda, yageze hafi y’ahitwa kuri Sonrise, ihura n’ikamyo itwara inzoga ya BRALIRWA yarimo ikata, ishaka kwerekeza mu mujyi wa Musanze, irayigonga, abarimo uko ari bane barakomereka.

Abo barimo umushoferi wari uyitwaye, umuforomo, umubyeyi wari ugiye kubyara ndetse n’umurwaza we.

Amakuru aturuka muri Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, avuga ko abo uko ari bane, bakomeretse byoroheje.

Impanuka ikimara kuba, bakaba bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo ubuzima bwabo bukurikiranwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka