Musanze: abaturage bimuwe kubera umusozi warigise barasaba amabati

Imiryango 16 y’abantu 75 bakuwe mu byabo no kurigita k’umusozi wa Kibingo mu kagari ka Musezero mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze barasaba gufashwa kugira ngo babashe kubaka amazu babamo kuko ubu bacumbitse ku baturanyi.

Umusozi wa Kibingo watangiye kurigita mu mpera z'umwaka ushize. Ubuso bwa hegirari ebyiri bumaze kumanukaho metero 2
Umusozi wa Kibingo watangiye kurigita mu mpera z’umwaka ushize. Ubuso bwa hegirari ebyiri bumaze kumanukaho metero 2

Bikimara kumenyekana ko uwo musozi urigita uko bwije n’uko bucyeye, ubuyobozi bw’umurenge bwasabye abaturage bahatuye kuva mu byabo bagacumbikirwa n’abaturanyi.

Ubuyobozi bw’inzego zibanze bufatanyije n’abaturage bashatse ibibanza byo kububakira ndetse n’amazu amwe yatangiye kuzamuka ariko hari ikibazo cy’amabati bazasakarisha.

Aho abacuwe mu byabo bacumbitse babayeho mu buzima bubagoye kuko babana n’indi miryango mu nzu nto usaganga bacucitse nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’umurenge wa Rwaza, Mimi Justin.

Kuva mu Kuboza 2011, agasozi ka Kibingo gatangiye kurigita kuburyo ubu ubuso bungana na hegitari ebyiri zimaze kumanukaho metero ebyiri. Tariki 14/02/2012, akandi gasozi kuri muri uwo murenge karatengutse gahitana ibyari bikariho byose biteye kuri hegitari yose.

Akandi gasozi ko mu murenge wa Rwaza katwawe n'inkangu tariki 14/02/2012
Akandi gasozi ko mu murenge wa Rwaza katwawe n’inkangu tariki 14/02/2012

Abaturage bafatanyije n’ingabo na police bakora umuganda buri munsi kugira ngo bashobore kuzuza amazu y’abakuwe mu byabo ariko haracyakenewe amabati bazasakarisha.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka