Muri ‘Car Free Zone’ hatangiye gutunganywa ngo hagirwe aho kwidagadurira

Agace kazwi nka Car Free Zone kari mu Mujyi wa Kigali rwagati mu Karere ka Nyarugenge, katangiye gutunganywa mu rwego rwo kukagira icyanya cy’imyidagaduro.

Hazaba hari inzira z'abanyamaguru n'abatwara amagare
Hazaba hari inzira z’abanyamaguru n’abatwara amagare

Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bubinyujije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Werurwe 2021, imirimo yo gutunganya igice cya mbere cy’aho hantu izamara amezi atatu (3), ni ukuvuga ko izarangira muri Gicurasi uyu mwaka.

Umujyi wa Kigali ukomeza uvuga ko ako gace katangiye gutunganywa kazaba kagizwe n’inzira z’abanyamaguru n’abatwara amagare, ubusitani, kiosike zo gucururizamo ndetse n’ahagenewe kumurikira ibikorwa bitandukanye.

Imirimo yo kuhatunganya yatangiye
Imirimo yo kuhatunganya yatangiye

Iyo Car Free Zone izaba kandi ifite ahagenewe imyidagaduro y’abana, hazaba hari kandi intebe rusange z’abashaka kuhaganirira, aho abantu babona Wifi (Internet), ubwiherero rusange n’ibindi abantu bazakenera.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ku mashusho cg amafoto muri aba mbere mu binyamakuru byo mu rwanda ibyo ni bintu nagezuye nsaga ari kintu murusha abandi

Alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka