Muhanga: Inka y’ubwiyunge ntibereyeho kugororera abakoze Jenoside-Mbonyingabo

Imiryango 102 yo Mirenge ya Shyogwe na Cyeza mu Karere ka Muhanga, ku wa 15 Kanama 2015 yagabiwe inka 51 ziswe iz’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo yikure mu bukene.

Inka z'ubwiyunge.
Inka z’ubwiyunge.

Imiryango yahawe inka ni iy’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’iy’ababiciye nyuma yo guhugurwa ku isanamitima n’ubwiyunge, aho imiryango ibiri yagiye ihabwa inka imwe yiswe inka y’ubwiyunge.

Abigishijwe bahanye impano z'urwibutso ry'ibyo bagezeho.
Abigishijwe bahanye impano z’urwibutso ry’ibyo bagezeho.

Mbonyingabo Christophe uyobora umuryango w’abakristu wita ku isanamitima (CARSA) watanze izo nka mu magambo ahinnye y’icyongereza, avuga ko gahunda batangije y’inka y’ubwiyunge itagamije kugororera abakoze ibyaha.

Yagize ati “Hari abibaza ukuntu abantu bakoze Jenoside bakamara abantu none tukaba tubaha inka, si ukubagororera ni uko tuzi ko umuntu adashobora gukora ikibi gusa”.

Mbonyingabo avuga ko inka y'ubwiyunge atari ingororano y'abakoze Jenoside.
Mbonyingabo avuga ko inka y’ubwiyunge atari ingororano y’abakoze Jenoside.

Mbonyingabo avuga ko ibigabniro by’isanamitima bahaye abakoze Jenosdie n’imiryango bahemukiye byatanze umusaruro impande zombi zikabasha gukira ibikomere, kuko baba abakoze Jenosiede n’abacitse ku icumu ngo bari bafite ibikomere naho abandi bakagira ipfunwe ry’ibyo bakoze.

Mbonyingabo avuga ko guheranwa n’ibyo byose bidindiza iterambere akaba ari yo mpamvu bahisemo gushyiraho gahunda y’inka y’ubwiyunge izafasha gushimangira umubano mwiza imiryango bigishije imaze kugeraho, bakanywa amata kandi bakabasha kwiteza imbere.

Rwitsibuka (ibumoso) avuga ko yabonaga Jean Paul agaca hirya none ubu ngo babanye neza kubera inyigisho z'ubumwe n'ubwiyunge.
Rwitsibuka (ibumoso) avuga ko yabonaga Jean Paul agaca hirya none ubu ngo babanye neza kubera inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge.

Imwe mu miryango yarokotse Jenoside yagabiwe inka ivuga ko bitari byoroshye kwigishwirizwa hamwe n’ababahemukiye ngo babane kugeza ubwo basigaye basangira.

Rwitsibuka Gaspard, wishe umuryango wo kwa Kamana Jean Paul ariko ubu bakaba babanye neza, agira ati “Nabonaga uyu mugabo Jean Paul nkumva umusatsi umvuye ku mutwe ariko natunguwe no kwigishwa hamwe na we arambabarira ubu icyo umwe afite aha undi”.

Mukayiranga, Umukozi wa Komisiyo y'Ubumwe n'Ubwiyunge muri Ntara y'Amajyepfo, avuga ko kwiyunga bigomba kugaragarira mu bikorwa aho kuba mu mvugo gusa.
Mukayiranga, Umukozi wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Ntara y’Amajyepfo, avuga ko kwiyunga bigomba kugaragarira mu bikorwa aho kuba mu mvugo gusa.

Umukozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Ntara y’Amajyepfo, Laurence Mukayiranga, avuga ko nubwo imiryango yigishijwe ikaba yemera ko ibanye neza bigomba kugaragarira mu bikorwa ntibibe mu magambo gusa kuko bigoye kwemeza niba koko imvugo yahamya ko umuntu yiyunze n’undi.

Umuryango CARSA uvuga ko inka y’ubwiyunge izakomeza kuba ikiraro gihuza abiyemeje kwiyunga kandi bikabera n’abandi bataratera intambwe urugero

Ephrem Murindabigwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

iki kintu ni cyiza cyane kandi ndibaza ko cyafasha n’ ahandi mu Rwanda

wariraye yanditse ku itariki ya: 17-08-2015  →  Musubize

Ubwiyunge mu Rwanda nukubeshyanya nokunijisha ubwiyunge buli muli yesu

alias turashimye yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

Ubwiyunge nimuli yesu ahandi nukubeshyanya

alias turashimye yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

congratulations kuri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge n’abafatanya bikorwa bayo ; gahunda nkizi ni nziza kandi ni umurage mwiza kubanyarwanda nose.

Twagirayezu Aime yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

ubumwe n’ubwiyunge ni umusanzu ukomeye mu gihugu cyacu bityo tubukomereho bizaturenze iminsi

Niragire yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka