Minisitiri wa Siporo w’u Bufaransa yanenze amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi akicecekera

Minisitiri wa Siporo w’u Bufaransa, Laura Flessel, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yanenze amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi ntagire icyo akora ngo ihagarikwe, kandi byari mu bushobozi bwayo.

Min Laura Flessel yunamiye imibiri y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Min Laura Flessel yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare 2018, ubwo yasuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali rushyinguyemo imibiri isaga 250,000 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muyobozi yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari amwe mu mahano akabije yagwiririye isi muri iki kinyejana, bikaba bibabaje ko amahanga yarebereye akicecekera.

Yagize ati” Iyi Jenoside yakozwe amahanga arebera ariko ntiyagira icyo abikoraho. Turasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo amahano nk’aya ntazasubire ukundi.”

Atanga ubutumwa bunenga amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi akicecekera
Atanga ubutumwa bunenga amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi akicecekera

Nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Minisitiri Flessel yakiriwe na Mugenzi we w’Umuco na Sport mu Rwanda Uwacu Julienne bagirana ibiganiro byihariye byagarutse ku guteza imbere imikino mu bagore, ndetse no guteza imbere umukino w’amagare umaze kuba irangamuntu ku Rwanda.

Nyuma yo kuganira na Minisitiri wa Sport n’Umuco Uwacu julienne, aba bayobozi bombi bagiye gushyira ibuye ry’ifatizo ku mushinga wo kubaka ikibuga cya mbere cya “CityStade” ikinirwaho imikino myinshi, kizaba giherereye hafi ya Stade Amahoro.

Uyu muyobozi uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu azitabira Irushanwa Nyafurika ryo gusiganwa ku magare riri kubera mu Rwanda.

Yakiriwe n'abakozi b'Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yakiriwe n’abakozi b’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yatemberejwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yerekwa amateka mabi yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi
Yatemberejwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yerekwa amateka mabi yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi
Amwe mu mafoto yabashije kuboneka y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amwe mu mafoto yabashije kuboneka y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Yaneretswe igice kigaragaza ubwicanyi bwakorewe Abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Yaneretswe igice kigaragaza ubwicanyi bwakorewe Abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Nyuma yo gusura Urwibutso yakiriwe na Minisitiri Uwacu julienne
Nyuma yo gusura Urwibutso yakiriwe na Minisitiri Uwacu julienne
Nyuma y'ibiganiro bagiranye bagiye gushyira ibuye ry'ifatizo ahazubakwa City Stade
Nyuma y’ibiganiro bagiranye bagiye gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa City Stade
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka