Minisitiri w’u Buholandi ushinzwe Ubucuruzi n’Ubutwererane yagendereye u Rwanda

Minisitiri w’u Buholandi ushinzwe Ubucuruzi n’Ubutwererane, Liliane Ploumen, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/02/2013, yageze mu Rwanda mu ruzinguko rw’iminsi ibiri, rugamije kuganira ku bijyanye n’ubutwererane n’ubufatanye buranga ibihugu byombi.

Byitezwe ko ibiganiro uyu muyobozi agomba kugirana n’abayobozi bakuru b’igihugu, hatagomba kuburamo ibijyanye n’ihagarikwa ry’inkunga iki gihugu cyahagaritse mu mpera z’umwaka ushize.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma yo kwakira uyu mu Minisitiri wari uturutse mu mujyi wa Goma, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Umunyamabanga nshingwabikorwa muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Mary Baine yatangaje ko u Rwanda rwishimiye uru rugendo.

Yagize ati: “Mu by’ukuri ni kimwe mu bizaganirwaho muri uru rugendo ku bijyanye nyine n’inkunga u Buholandi bwateraga u Rwanda ndetse n’indi miryango u Buholandi burimo ikaba nayo itanga inkunga ku Rwanda, ni kimwe mu biganiro biteganyijwe ariko ubu ntacyo arabivugaho”.

Minisitiri Ploumen (iwa kabiri uhereye ibumoso) akigera ku kibuga cy'indege i Kanombe.
Minisitiri Ploumen (iwa kabiri uhereye ibumoso) akigera ku kibuga cy’indege i Kanombe.

Biteganyijwe ko Minisitiri Ploumen azagirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, akazanasura Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi ndetse na Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda, mbere y’uko yerekeza mu gihugu cy’u Burundi.

Mu bindi bikorwa azasura harimo imishinga iterwa inkunga n’u Buholandi biherereye mu karere ka Kamonyi.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka