Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi ageze mu Rwanda
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi wari utegerejwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, ageze mu Rwanda yakirwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Mu ruzinduko rw’uwo muyobozi hakaba hateganijwe gusinya amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zigamije iterambere ry’ibihugu byombi zirimo, ubukungu, uburezi, ikoranabuhanga, itumanaho, ubuhinzi, umutekano, ubuvuzi n’ibindi.
Uwo muyobozi kandi azagirana ibiganiro na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nyuma y’ibyo biganiro asure icyanya cyahariwe inganda (Special Economic Zone), aho bateganya kuzashora asaga miliyoni 100 z’Amadorari mu rwego rwo kwagura icyo cyanya.
Uwo muyobozi kandi azasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamire imibiri isaga ibihumbi 250 irushyinguyemo, nyuma agirane ibiganiro n’umuryango mugari w’Abahinde bakora ubucuruzi mu Rwanda ndetse n’itsinda ry’abashoramari baje bamuherekeje.
Muri urwo ruzinduko rw’iminsi ibiri, Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi, azanerekeza mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Rweru, aho ateganya kugabira imiryango yimuriwe mu Mudugudu w’icyerekezo wa Rweru inka 200, izo zikaba zizagurwa mu Rwanda.
Muri uyu mwaka abashoramari baturuka mu Buhinde baza mu Rwanda bariyongereye bava kuri 66 bagera kuri 91. Abo bashoramari bakaba bibanda cyane mu ikoranabuhanga n’itumanaho ICT, mu buhinzi , mu mahoteri, ndetse no mu burezi aho bazanye kaminuza ya Mahatma Gandhi.
Abanyarwanda nabo ntibatanzwe mu gushora imari mu Buhinde, aho bo bakora ibijyanye no kohereza ibyuma bya Aluminium, hakaba abohereza ibinyampeke, ndetse n’ibikomoka ku mata.
Inkuru zijyanye na: India
- VIDEO: Minisitiri w’intebe w’ u Buhinde Narendra Modi aherekejwe na Perezida Kagame bagabiye abaturage ba Rweru Inka 200
- Nsogongeye ku buzima bw’icyaro mu Rwanda- Minisitiri w’Intebe Narendra Modi
- Gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali byankoze ku mutima - Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde
- Kuba inshuti y’u Rwanda biduteye ishema- Minisitiri w’intebe w’u Buhinde
- Minisitiri w’intebe w’u Buhinde azagabira abatuye Rweru inka 200
Ohereza igitekerezo
|